Ibi ni ibyatangajwe na Claver Mbonimpa, umuyobozi w’ Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (APRODH), avuga ko kuba umukuru w’igihugu Petero Nkurunziza yaratangaje ko agiye kurekura imfungwa ibihumbi 2 ari uburyo bwo guhuma amaso amahanga mu gihe yabivuze ari imbere y’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki Moon.
Yakomeje avuga ko ari ibinyoma, ndetse ko mu gihe Nkurunziza avuga ko azarekura abagera ku 2000, ko nta na magana atanu azarekura ahubwo ko ari uburyo bwo guhuma amaso amahanga.

Ati:” Nta banyururu bagera kuri 200 bazafungura kuko bazashyiraho inzitizi nyinshi, abanyururu benshi bafungiye ibya politiki bityo birashoboka ko nta n’umwe uzafungurwa, njyewe rero navuga ko ari imbabazi z’ikinamico, nimubona hari abanyururu barenga 500 barekuwe muzangaye”.
Yakomeje avuga ko n’ubundi abo bake bashobora kugirirwa imbabazi z’ikinamico n’ubundi bazataha bakicwa ko abirirwa bica abanyapolitiki n’abandi bakiri babandi birirwa bazenguruka mu bice bitandukanye by’igihugu Ngagara,Kibitoke,…
Ati: “Ni ikigongwe cy’inkinamico, n’ubundi nibarekurwa bazicwa, abirirwa babica n’ubundi ni ababapolisi kandi n’ubundi barahari”.
Mu ruzinduko Ban Ki-moo yari yagiriye i Burundi ku wa 22/02/2016, yatangaje ko perezida Pierre Nkurunziza yamwemereye gufungura abantu 10,000 nk’uko BBC yabitangaje, nyuma Pierre Nkurunziza yemera ko abantu 2000 aribo bagiye gufungurwa ko uwo mubare w’abantu 2000 bagiye gufungurwa wakosowe na perezidansi y’u Burundi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


