Hasohowe Raporo igaragaza ko Perezida Kabila yitabaje M23 aho urugamba rwari rukomeye

Sangiza iyi nkuru

Umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (Human Rights Watch), wasohoye raporo igaragaza ko abategetsi bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bakoresheje abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23 mu guhosha imyigaragambyo y’abatavuga rumwe na Leta umwaka ushize.

Uyu muryango uravuga ko abahoze ari abarwanyi ba M23 barenga magana abiri bategetswe gukoresha ingufu zica mu guhangana n’abari mu myigaragambyo.

Abantu barenga 60 baguye mu myigaragambyo itarashakaga ko Perezida Kabila aguma ku butegetsi nyuma yaho manda ye ya kabiri irangiriye mu kwezi kwa cumi na kabiri.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ida Sawyer wo muri Human Rights Watch aganira na BBC dukesha iyi nkuru, avuga ko ibi babibwiye n’ababyiboneye harimo n’abo barwanyi ba M23 ubwabo.

Ati “Twabajije abantu barenga 120 barimo n’abarwanyi ba M23 nabo ubwabo bagize uruhare muri icyo gikorwa n’abandi basirikare bakuru ndetse n’abandi bayobozi bakuru muri politiki ya M23, abasirikare ba Congo icyenda, ndetse n’abandi bashinzwe umutekano, nabo bemeje uburyo abarwanyi ba M23 barambagijwe bakajyanwa muri Congo aho binjijwe mu gisirikare, igipolisi ndetse no mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu”.

Ida Sawyer akomeza avuga ko nyuma yo kwinjizwa muri izi nzego bahawe amabwiriza y’ibyo bagomba gukora kugirango bahagarike imyigaragambyo, ati “harimo no gukoresha imbaraga zishobora no guhitana ubuzima bw’abantu nko kurasa mu kivunge mu bigaragambyaga mu mahoro mu gihe byaba ngombwa”.

Abategetsi ba Congo ntacyo bari bavuga kuri ibi bivugwa na Human Rights Watch.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *