Itsinzi ya Rayon Sport yatuwe Katauti witabye imana

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa kane tariki 14 Ukuboza 2017 n’ibwo habaga umukino w’ikirarane wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ubwo Rayon Sports yakinaga na Police Fc ku munsi wagatanu wa Shampiyona Rayon igatsinda Police Fc 1-0 iyi ntsinzi yatuwe uwahoze ari umutoza wungirije muri Rayon Sports Katauti uherutse kwitaba imana mu kwezi ku gushyingo 2017.
rr
Wari umukino w’ubwitange
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu wari umukino we wambere Karekezi Olivier atoje nyuma yo kuva mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano kubw’ibyaha yari akurikiranweho ndetse wahise abona n’insinzi y’igitego 1-0
Umwe mu baknnyi bitwaye neza kuri uyu mukino Irambona Eric ndetse wanatsinze igitego kimwe rukumbi cyanahesheje itsinzi Rayon Sports aganira n’itangazamakuru yahishuye icyatumwe bitanga kugeza ubwo batsinze igitego.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
yagize ati”umutoza yari yabidusabye ngo tumuhe intsinzi ngo tuyiture nyakwigendera Katauti.
Ibi akaba ari nako byagenze insinzi iraboneka umukino warangiye Rayon Sport itsinze 1-0 ikaba yahise ihagarika umuvuduko wa Polisi Fc yari ifite.Kubona aya manota 3 Rayon Sports yabonye bitumye iva ku mwanya wa 11 ifate uwa 5 n’amanota 11, Police FC yo iraguma kuwa 4 n’amanota 12.
 
Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *