Uganda: Perezida Museveni yemerewe kuzongera kwiyamamaza mu 2021

Sangiza iyi nkuru

Abadepite bavuguruye ingingo yo mu Itegeko Nshinga ya Uganda yavugaga ko nta muntu wemeye kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika arengeje imyaka 75.

Mu matora yaberaga mu Nteko Nshingamategeko ya Uganda yamaze iminsi 3 , abadepite 315 nibo batoye YEGO naho 62 batora OYA nk’ uko tubikesha RFI.

Nyuma yaho Abadepite bahinduye iyi ngingo itumye n’ itegeko Nshinga rivugururwa, byatumye Perezida Museveni ufite imyaka 73 y’ amavuko ahabwa amahirwe yo kongera kwiyamamariza kuyobora Uganda nyuma ya 2021 ubwo manda yari kuba igeze ku musozo.

Nk’ uko byari byitezwe , mu Nyubako y’ Inteko yaberagamo iyi nama ku mushinga wo kuvugurura iyi ngingo, habaye gushyamirana hagati y’ Abadepite bashigikiye Yoweri Museveni n’aba Dr. Besigye bahanganye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nyuma yaho bitangarijwe ko Abadepite bashyigikiye NRM ya Museveni begukanye intsinzi muri aya matora , abatavuga rumwe na Museveni bahise bateza akavuyo bamena amasahani batangira no kujugunyira bagenzi babo ibiyiko n’ amakanya ubwo abashinzwe umutekano bahise bahagera bakora akazi bashinzwe.

Mu ncamake uyu mushinga w’ itegeko ugiye gushyirwa mu bikorwa ku buryo wakuyeho imbongamizi y’ imyaka ntarengwa ku muntu wifuza kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika.

Gusa iyi mpinduka mu itegeko, yatumye nta muntu watorewe kuba perezida wa Repubulika wemerewe kurenza manda ebyiri.

Byumvikane ko iyi mpinduka izatangira gushyirwa mu bikorwa nyuma y’ amatora ya perezida wa Repubulika ateganyijwe muri 2021.

Ku ruhande rw’ Abadepite,manda yabo yari isanzwe imara imyaka 5 ariko ubu yongereweho imyaka 2 bisobanura ko izajya imara imyaka 7, byumvikane ko bazongera kwiyamamaza muri 2023.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Gaston Rwaka/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *