Abajihadiste bo mu mutwe w’iterabwoba wa kisilamu wa JNIM, ukorana n’umutwe wa al-Qaeda, bavuze ko ari bo bari inyuma y’ibitero byagabwe ku bufatanye n’umutwe w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi w’Aba-Tuareg, wa Front de libération de l’Azawad (FLA), ku birindiro bitandukanye by’ingabo za leta.
Minisitiri w’ingabo, Sadio Camara, yiciwe mu gitero cy’ikamyo yari itezemo ibisasu yagonze inzu ye ku wa Gatandatu, itariki ya 25 Mata nk’uko inkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.
Umuyobozi w’ingabo ziyoboye Mali zahiritse ubutegetsi, Assimi Goïta, yavanywe mu rugo rwe i Kati nyuma y’igitero cyahagabwe. Kuva icyo gihe ntacyo aratangaza.
Ibitero kandi byibasiye inkengero za Bamako n’imijyi myinshi ikomeye yo muri iki gihugu cyo muri Saheli, harimo Kidal na Gao mu majyaruguru, ndetse na Sévaré, Mopti, na Kati, hafi ya Bamako.
Nyuma y’ijoro ry’imirwano hirya no hino, imirwano ikomeye yongeye kubura kuri iki Cyumweru, itariki ya 26 Mata, i Kidal no hirya no hino muri Kati, nk’uko abaturage babitangaza.
Uyu mujyi ni wo ndiri y’abahiritse ubutegetsi mu gihugu cya Mali kuva mu 2020.


