Leta ya misiri yishe kuri muri iki cyumweru abarwanyi bagera kuri 10 bahamwe n’ibyaha byo kugaba igitero mu gace ka Sinai muri 2013, abatari bacye bakahasiga ubuzima.
Aba barwanyi bari bamaze igihe bafungiye muri gereza zitandukanye, bahamijwe ibyaha by’ubugizi bwa nabi muri kariya gace, nyuma yo gutabwa muri yombi no gukorerwa iperereza bakaba bahanishijwe kunyongwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko muri 2013, abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro igendera ku matwara ya kisilamu yishe abasaga 100, barimo abapolisi n’abasirikare ndetse n’abaturage basanzwe, mu gihe abandi amagana bakomerekeye muri icyo gitero.
Muri icyo gihe, nta mutwe witwaje intwaro wahise wigamba icyo gitero, nyamara nyuma bakaza kugenda batabwa muri yombi.
Muri 2014 na none, abandi bagera kuri 33 barishwe barasiwe muri kariya gace, mu gihe muri 2017 na none, abasaga 300 na bo bapfuye barasiwe kuri kariya gasozi !
K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


