RDC yataye muri yombi impunzi z’abanyasudani zahungiragayo

Sangiza iyi nkuru

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri gufunga abantu bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo bari guhungirayo, barahunga imirwano irimo kuba hagati y’igisirikare cya Leta ya Salva Kiir n’abo mu mutwe wa SPLA-IO wo ku ruhande rwa Riek Mashar wahoze ari Visi Perezida.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi yatangaje ko umutekano wakajijwe ku mipaka ihana imbibi na Sudani y’Epfo, bikaba ari mu rwego rwo kugira abagizi ba nabi batinjiramo bigize impunzi.

Ni mu gihe impunzi z’abanyasudani y’Epfo zibarirwa mu magana zimaze kwinjira muri RDC zihunga iyo mirwano, gusa RDC yo ikavuga ko itizeye umutekano w’abinjira mu gihugu.

Guhera mu cyumweru gishize, nibwo ingabo za Salva Kiir zimuye mu birindiro izo ku ruhande rwa Riek Machar, ibirindiro bikaba byari biherereye mu gace ka Lasu.

Kugeza ubu, abasaga 18 bo mu mpunzi zinjiye muri RDC bamaze gutabwa muri yombi.

Ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko ari ku nshuro ya mbere, RDC ita muri yombi impunzi z’abanyasudani y’Epfo, gusa ngo bikaba bishobora kuba ari n’ingamba nshya RDC yafashe muri iyi minsi ku bihugu biyikikije mu gihe bikomeje kurangwa n’ivururu.

Umuyobozi wa Komisiyo yita ku mpunzi muri RDC, Alexis Kabambi yatangaje ko muri izi mpunzi zatawe muri yombi harimo izigomba kubanza kwigwaho hanyuma zikaba zarekurwa, ariko hakabamo n’izindi zigomba gukorerwa iperereza ryimbitse kuko zaba ziri mu mitwe yabaterabwoba.
Muri 18 bari bamaze gutabwa muri yomgi, 15 barekuwe mu gihe abandi 3 basigaye bakorwaho iperereza ngo harebwe niba atari abagizi ba nabi.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kugeza ubu, abakomerekeye mu mirwano muri Sudani y’Epfo, ngo babasha kwambuka bakajya kwivuza mu gace ka Abba muri RDC mu gihe hari abaca ruhinga nyuma bakajya mu bindi bice batabwa muri yombi bakavuga ko ari impunzi bityo Congo ikaba ifite impungenge ko abaterabwoba bakwinjirayo muri ubwo buryo nayo ikaba yakajije umutekano n’ingamba zo kubafunga.

Inkambi y’impunzi ya Abba muri RDC, iherereye hafi y’umupaka uyihuza na Sudani y’Epfo, abantu bakaba babasha kwambuka uko biboneye .

Ushinzwe impunzi kandi avuga ko inkambi yuzuyemo abagore n’abana, mu gihe abagabo benshi bibereye muri iyo mirwano ndetse mu mitwe yitwaje intwaro.

Umwe mu batawe muri yombi utatangajwe amazina avuga ko yafunzwe ariko akaba atazi umugambi bamufitiye. Agira ati “Sinzi uruhande rwabo rwose, ninkomeza gufungwa bazanankorera iyicarubozo nibarangiza bansubize muri Sudani.”

Gusa mu migambi ye, uyu watawe muri yombi, yabwiye itangazamakuru ko yaje mu nkambi gushakirayo umuryango we aho waba wikinze, ubundi agasubira muri Sudani gukomeza imirwano ku ruhande rwa SPLA-IO.

Kuva mu 2016, mu mujyi wa Goma harabarirwa abahoze ari abarwanyi muri SPLA-IO basaga 400, ngo bakaba babayeho mu buryo buteye impungenge kuko badafatwa nk’imfungwa kandi na none ntibafatwe nk’impunzi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *