Umunyamideli Miss Sandra Teta, abunyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yifurije abakunzi be umwaka mushya muhire wa 2018, abasangiza ku mafoto.
Yagize ati “twishimiye umwaka wa 2018, umwaka w’ibyiza gusa, iruhuka ridashira kuri 2017, umwaka w’ibizazane kuri njye, buri umwe wese mwifurije umwaka mushya muhire”.

Umwaka wa 2017, Miss Teta yarafunzwe aza gufungurwa amaze amezi ane yari afungiwe muri Gereza yahoze yitwa 1930 [Gereza ya Nyarugenge] yarekuwe wa Gatanu tariki ya 16 Kamena 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Sandra Teta yari akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu n’icyo gutanga sheki itazigamiye yahaye Serena Hotel, Yafunzwe mu ntangiriro za Werurwe 2017, yabanje gufungirwa muri kasho ya polisi nyuma yimurirwa muri Gereza ya Nyarugenge, ibi akaba ari bimwe umuntu yaheraho avuga ko umwaka wa 2017 utamugendekeye neza.
Andi mafoto ya Miss Teta:


[xyz-ihs snippet=”google-pub”]


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Kamikazi Gentille/Bwiza.com


