Perezida Donald Trump yasabwe gusimbura Arsene Wenger ku butoza bw’ikipe ya Arsenal

Sangiza iyi nkuru

Ubwo umunyamakuru wo mu Bwongereza yagiranaga ikiganiro cyihariye na Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamusabye gusimbura Arsene Wenger ku butoza bw’ikipe ya Arsenal.
Umunyamakuru, Piers Morgan, umaze igihe kirekire asaba Arsene Wenger gusezera ku butoza bwa Arsenal, yasabye Trump kuzamusimbura avuga ko Wenger gutoza ikipe akayishyira ku rwego rwiza rubasha gutwara ibikombe byamunaniye.
Piers Morgan yashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto yicaranye na Trump afite umupira wanditseho mu mugongo izina Trump, umupira ufite amabara y’ikipe ya Arsenal.
Piers Morgan yagize ati “Igihe natumiriraga Trump kuba umutoza mushya wa Arsenal, ni uko mbona ko yabasha kubaka Arsenal ifite inyuma hakomeye, akaba anafite ubuhanga bwo gukora uburyo bw’ubusatirizi, by’umwihariko akaba yanabasha gutsindira ibikombe bikomeye mu buryo ubwo ari bwo bwose”.
N’ubwo igitekerezo cy’uyu munyamakuru ngo bamwe bagifashe nk’urwenya, abafana ba Arsenal buri gihe bahora bivovotera uyu mutoza ko atubaka ikipe ikomeye, ibasha gutwara ibikombe ngo inanezeze abafana bayo.
Ikinyamakuru DM, bwiza.com ikesha iyi nkuru, gitangaza ko imyaka 14 ishize ikipe ya Arsenal itabasha kuba yatwara igikombe cya shampiyona yo mu Bwongereza (Premier League).
Muri shampiyona (Premier League), ikipe ya Arsenal ubu iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 42, mu gihe Man. City iri ku mwanya wa mbere ifite amanota 65.

both
Perezida Donald Trump n’umunyamakuru, Piers Morgan

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
I.Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *