Cyril Ramaphosa amaze gutorerwa kuba Perezida wa Afurika y'Epfo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gashyantare 2018, Nyuma yuko uwari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma yegujwe, kuri ubu yamaze gusimbuzwa uwari umukuru w’ishyaka, African National Congress (ANC), Cyril Ramaphosa,  ugomba kuzayobora Afurika y’Epfo mu igihe cy’inzibacyuho.
Cyril Ramaphosa wari usanzwe ari Visi Perezida yatowe n’Inteko ishingamategeko ya Afurika y’Epfo ngo asimbure Jacob Zuma weguye ku munsi w’eje ku mugoroba tariki ya 14 Gashyantare 2018, nyuma yo gusabwa n’ishyaka rye kwegura bitewe n’ibyaha yaregwaga birmo kurya ruswa, gukoresha umutungo w’igihugu awusesagura no gukoresha ububasha bw’umwanya mu inyungu ze.
Ramaphosa wanasimbuye Zuma ku buyobozi bw’ishyaka ANC riri ku butegetsi, ari mu bamwokeje igitutu bamusaba kwegura cyangwa Inteko Ishinga Amategeko igatora umwanzuro umukuraho.
Nkuko Bbc ibitangaza nuko Muri aya matora Ramaphosa ni we wari umukandida rukumbi aho bitigeze bishimisha amwe mu mashyaka atavuga rumwe na ANC nka the Economic Freedom Fighters , aho bahisemo kwisohokera hanze y’inteko ishingamategeko bagaragaza ko bifuzaga ko haba andi matora rusange adakozwe n’abadepite baturuka mu ishyaka riri ku butegetsi bonyinye.
Ramaphosa yavukiye i Soweto mu 1952 mu Majyepfo y’Iburengerazuba bwa Johannesburg. Yize amategeko muri Kaminuza ya North i Turfloop. Si muto muri Politike ya Afurika y’Epfo kuko Mu 1991, Ramaphosa yabaye Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ANC, aho yahagarariye iri shyaka mu biganiro byatumye Afurika y’Epfo igera kuri Demokarasi ivuye mu butegetsi bw’agatsiko k’abazungu.
Ramaphosa ni umwe mu baherwe bafite ku mafaranga muri Afurika y’Epfo, afite umugore umwe n’abana bane , akaba ari n’umwe mu bo Nelson Mandela yatekerezaga ko bazaba Perezida wa Afurika y’Epfo.
Kanda hano ukore SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ/videos?disable_polymer=true
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *