Burundi: Abadashyigikiye umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga barahigwa

Sangiza iyi nkuru

Leta y’u Burundi irashinjwa guta muri yombi abagaragaza ko badashyigikiye umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga, ngo Perezida Nkurunziza ahabwe amahirwe yo kuyobora kugeza mu 2034.
Hagendewe no kuri video yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi atangaza ko  hari abanyeshuri bafashwe barimo gukangurira abandi kuzatora OYA, mu mushinga wo guhindura Itegeko Nshinga, iki gikorwa kiranengwa na benshi mu batavuga rumwe na Leta.
Pierre Nkurikiye, umuvugizi w’igipolisi yatangaje ko hari abanyeshuri bane bafashwe, ko bakanguriraga abandi kuzatora OYA, amakuru avuga ko aba banyeshuri bafatiwe mu Ngozi bakaba barahagaritswe bambikwa amapingu bajyana ahatazwi.
Amashyaka atavuga rumwe na Leta aranenga iki gikorwa bita icy’iterabwoba, bavuga ko gikorwa n’insoresore z’Imbonerakure, zigizwe n’abo mu ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi.
Ikinyamakuru News 24 gitangaza ko hari n’abandi bantu basaga 50 bo mu ishyaka FNL rya Agathon Rwasa, bafashwe nabo bashinjwa gukangurira abaturage kuzatora OYA.
Mu mwakwa wa 2015, ubwo Nkurunziza yiyamamazaga kuri Manda ya gatatu bamwe bavugaga ko inyuranyije n’amategeko, abaturage basaga 1200 barishwe mu bice bitandukanye abandi basaga ibihumbi 400 barahunga, ubu buryo bwo guhindura Itegeko Nshinga butavugwaho rumwe na bose, bukaba bukomeje guteza inkeke.
Abatavuga rumwe na Leta bavuga ko uyu mushinga wa Leta wo guhindura Itegeko Nshinga, ugamije kwica amasezerano y’i Arusha yo mu 2005, CNDD FDD yashyizeho umukono n’andi mashyaka ya Politiki mu Burundi.
Kanda hano ukore SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *