Xavi Hernandez abona ubuhanga bwa Neymar burenze ku bwa Cristiano Ronaldo

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’umukino wabaye ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare 2018, Ikipe ya Real Madrid igatsinda ibitego 3 — 1 cya Paris Saint-Germain, impaka zikomeje kuba nyinshi, bamwe bavuga ko Ronaldo Cristiano ari umuhanda kurusha Neymar, abandi ntibabyakire uko.
Xavi Hernandez wahoze akinana na Neymar muri FC Barcelona mbere y’uko uyu musore (Neymar) yerekeza muri PSG, avuga ko Ronaldo ntacyo yakoze kidasanzwe Neymar atabasha.
Yagize ati “Bavuze ko Cristiano akiri umuhanga kurusha Neymar, oya, oya, ntabwo aribyo, ni iki Ronaldo yakoze mu mukino? Gutsinda Penaliti n’igitego cy’ivi”.
Mu gihe Cristiano amaze guhabwa ballon d’Or inshuro eshanu, Neymar atarayihabwa na rimwe, abantu benshi bakurikirana ibya ruhago bakomeje guha amahirwe n’uyu musore ko urwego agezeho mu guconga ruhago rumwemerera kuyegukana.
Neymar umusore w’imyaka w’imyaka 26 y’amavuko, yaciye agahigo ubwo yagurwaga miliyoni 222 z’amayero, ava muri FC Barcelona yerekeza muri PSG, yaciye agahigo kari gafitwe na Paul Pogba waguzwe miliyoni 89 z’ama-pound ubwo yavaga muri Juventus yo mu Butaliyani yerekeza muri Manchester yo mu Bwongereza.

xavi
Xavi yahoze akinana na Neymar muri Fc Barcelona

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *