Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwasomeye mu ruhame aho icyaha cyakorewe urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyeho umugabo witwa Kubwimana Aimable icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake ku buryo bubabaje ndetse n’icyaha cy’ubwicanyi ,maze rwemeza ko ibyo byaha bimuhamye , rumuhanisha cy’igifungo cya burundu nk’uko Ubushinjacyaha bwari bwabimusabiye.
Uregwa mu iburana rye, yemeraga icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ariko agahakana icyaha cy’ubwicanyi.
Ubushinjacyaha bumusabira icyo gifungo cya burundu, bwashingiye ku mvugo z’uregwa aho abazwa mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha yemeraga ibyaha akurikiranyweho, bushingira kandi no ku mvugo z’abatangabuhamya na raporo ya muganga .
Ku wa 2 Gashyantare 2018, nibwo urukiko ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije dosiye Ubushinjacyaha buregamo KUBWIMANA Aimable icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku buryo bubabaje ndetse n’icyaha cy’ubwicanyi.
Urubanza rwabereye aho icyaha cyakorewe mu mudugudu wa Kagarama, akagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge ho mu Karere ka Kamonyi.
Ibi byakozwe ku wa 5 Mutarama 2018, ubwo Kubwimana yabyutse ajya mu kazi aho yakoraga installation y’amashanyarazi yarangije akazi agahita ajya ku kabari akanywa inzoga agasinda .
Uregwa atashye, yasanze umumotari witwa NIYITANGA Innocent ahagaze ari kureba ibintu biri mu mufuka wari uteretse mu nzira maze aramubwira ngo reka aze amwereke atangira gutema moto, NIYITANGA yakije moto ngo ahunge , yahise amukubita umuhoro ku kaboko arakomereka .
Nyuma yarakomeje ajya ku witwa HARERIMANA Denys amukubita umuhoro munsi y’ibere ry’ibumoso ajyanwa kwa muganga ariko apfa ataragerayo nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga rw’ubushinjacyaha bukuru ivuga.
Ibi byaha Aimable yakoze , biteganywa kandi bigahanishwa ingingo ya 148 na 140 z’itegeko ngenga no 01/2012 ryo ku wa 02/05/2012 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana bigahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu nk’uko Ubushinjacyaha bwakimusabiye mu iburanisha.
Urubanza ruzasomwa ku wa 16 Gashyantare 2018.


