Mu gihe kuri iki cyumweru, itariki 25 Gashyantare muri Congo hateganyijwe indi myigaragambyo karundura yo gusaba perezida Kabila kuva ku butegetsi, intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku bwumvikane n’abahagarariye ibihugu by’I Burayi I Kinshasa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Busuwisi, na Canada barahamagarira abafite aho bahuriye n’iyi myigaragambyo kwifata bakirinda ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ubwo ari bwo bwose.
Ibi bihugu biranasaba ko imyigaragambyo yaza kuba mu mahoro.
Itangazo aba bashyize ahagaragara riragira riti: “Tuributsa akamaro ko kubaha uburenganzira shingiro, by’umwihariko uburenganzira bwo gukora imyigaragambyo, n’uburenganzira bw’imyemerere, nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga n’amasezerano ya politiki ya Saint Sylvestre.”
Komite y’abarayiki (Le comité laà¯c de coordination (CLC) yateguye iyi myigaragambyo, ku itariki 10 Gashyantare yahamagariye abaturage ba Congo baba mu gihugu cyangwa hanze yacyo, mu madini baturukamo yose, amashyirahamwe, ya poltiki cyangwa y’akazi, kuzitabira imyigaragambyo yo kuri uyu wa 25 Gashyantare.
Iyi komite nk’uko tubikesha Radio Okapi, ikaba isobanura iyi myigaragambyo nk’uburyo bwo “kubwira Oya igitugu”, kuko ngo ari cyo mbogamizi ya mbere ku itegurwa ry’amatora yisanzuye, aciye mu mucyo, kandi atuje.

Imyigaragambyo nk’iyi iheruka kuwa 21 Mutarama i Kinshasa yaguyemo abantu batandatu abagera muri 53 barakomereka.


