Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal n’umufatanyabikorwa wabyo mu bwishingizi Sonarwa byatsinzwe urubanza rumaze igihe hagati yabyo n’umurwayi byishyuye miliyoni 50 kubera uburangare byagize bukamugiraho ingaruka.
Urukiko rw’Ikirenga rukaba rwatesheje agaciro ubujurire bw’ibi bitaro na Sonarwa, ruvuga ko nta bubasha rufite bwo kumva ubu bujurire.
Umucamanza Aimé Muyoboke Karimunda yavuze ko haba mu rukiko rwisumbuye no mu rukiko rukuru, Ibitaro bya Faisal byatsinzwe urubanza kubera ko urukiko rwabihamije uburangare kandi amategeko akaba ateganya ko urubanza rutsinzwe kabiri ku kirego kimwe rudashobora kujuririrwa mu Rukiko rw’Ikirenga.
Ni urubanza rwatangiye mu 2015 rukajuririrwa mu Rukiko Rukuru, ariko uru rwemeza icyemezo cy’urukiko rwisumbuye.


