Miliyoni zisaga 700 muri miliyari isaga yanyerejwe mu isanduku ya leta amaze kugaruzwa — PM Ngirente

Sangiza iyi nkuru

“Hagati ya Mata 2017 na Mutarama 2018, mu isanduku ya Leta hagarujwemo amafaranga yari yaranyerejwe angana na 720.431.568 FRW (58%) kuri 1.241.638.553 FRW yari yahigiwe”. Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu Mwiherero 2018 atangaza incamake y’uko imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 14, wabaye kuva 25 Gashyantare n’iya 2 Werurwe 2017 yashyizwe mu bikorwa
Umwiherero wa 14 wari wafatiwemo imyanzuro 26 yagabanyijwemo ibikorwa by’ingenzi 62.
Minisitiri w’Intebe yatangaje ko ku igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa, ibikorwa 51 bingana 82% byakozwe ku kigero gishimishije (hagati y’amanota 75%-100); ibikorwa 9 (15%) byakozwe hagati y’amanota 50%-74%; ibikorwa 2 bingana na 3% byakozwe ku kigero kiri hasi y’amanota 50%).
Yakomeje avuga ko binyuze muri Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST1), 2017-2014, hakozwe igenamigambi ryo kwihutisha ibikorwa byo muri Gahunda y’Imbaturabukungu ya 2 (EDPRS 2) n’ibyo mu Cyerekezo 2020 byagaragazaga kudindira.
Yavuze ko imitegurire n’imicungire y’amasezerano Leta igirana na ba rwiyemezamirimo yarushijeho kunozwa; Hakajijwe ingamba mu gukurikirana abagize uruhare mu guteza Leta igihombo, kurangiza igaruzwa ry’imitungo yanyerejwe ku bahamwe n’ibyaha.
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente ati: “ Hagati ya Mata 2017 na Mutarama 2018, mu isanduku ya Leta hagarujwemo frws yari yaranyerejwe angana na 720.431.568 FRW (58%) kuri 1.241.638.553 FRW yari yahigiwe.”
Ku kibazo cyo  kubonera abahinzi imbuto z’indobanure kandi ku gihe, Minisitiri w’Intebe yavuze ko Guverinoma yashyize ingufu mu gutubura imbuto ziberanye n’uturere, kandi zitanga n’umusaruro mwiza. Ati: “Izi mbuto zegerejwe abahinzi. Zimwe muri zo ni ibigori, umuceri, ingano, soya, imyumbati n’ibirayi.”
Mu rwego rwo kunoza imitangire ya serivisi mu nzego za Leta, ngo hongerewe umubare wa serivisi zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga (Rwanda online services).
Yasoje agira ati: “Mu izina ry’Abayobozi bari hano, mbijejeko ko inama mwatugiriye uyu munsi ndetse n’izo muzakomeza kutugira muri uyu mwiherero w’Abayobozi tuzarushaho kuzishyira mu bikorwa”.
 
Kanda Subscribe ujye ubona Video zigezweho 
 

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *