Iperereza ry’Umuryango w’Abibumbye ryemeje ko inyeshyamba za ADF zishe abasirikare ba Tanzania 15 bari mu bikorwa bya Loni byo kubungabunga amahoro muri Congo mu mwaka ushize.
Igitero cyagabwe ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye icyo gihe cyamaze amasaha menshi bituma havuka impungenge z’uko iki gitero cyagabwe n’izindi ngabo zifite imyitozo iruseho kandi zifite ibikoresho bihambaye.
Ariko, iperereza ridasanzwe kuri icyo gitero ryahamije ko icyo gitero cyagabwe na ADF, umutwe ugendera ku matwara akaze ya kisilamu.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Loni riragira riti: “Ryanzuye ko ibitero bitatu byagabwe ku bashinzwe kubungabunga umutekano ba Loni byakozwe mu buryo busanzwe bukoreshwa kandi ibimenyetso byose biratunga urutoki abarwanyi ba ADF nk’abagabye ibyo bitero.”
Itsinda ryakoze iperereza nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga, rivuga ko ryabonye intera nyinshi mu gutoza no gupanga abashinzwe kubungabunga umutekano ba Loni na brigade yayo ishinzwe gutabara aho rukomeye (Force Intervention Brigade).
Iri tsinda rikaba ryari riyobowe n’uwahoze ari Umunyamabanga mukuru wungirije ushinzwe iyubahirizwa ry’amategeko n’inzego z’umutekano, Dmitry Titov, rikaba ryari ririmo impuguke mu bya gisirikare n’umutekano, abashinzwe politiki n’ibikoresho n’abasirikare babiri bakuru ba Tanzania.
Nyuma y’iki gitero, igisirikare cya Uganda cyagabye ibitero ku nkambi za ADF bihitana bamwe mu bayobozi b’inyeshyamba bituma izindi nyeshyamba zijya mu gihirahiro.
Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…


