Ibikorwa byo gutunganya umuhanda Base-Kirambo-Butaro mu Ntara y’Amajyaruguru biri mu nzira yo gusubukurwa mu rwego rwo korohereza abaturage bawukoresha mu bikorwa by’ubuhahirane.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 15 Werurwe 2018, Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, JMV Gatabazi ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Burera bakaba basuye uyu muhanda mu rwego rwo kureba uko wakorwa.

Aba bayobozi kandi bari baherekejwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu kigamije iterambere mu by’ubwikorezi (RTDA), Guy Kalisa, abahagarariye ikigo cya NPD gikora imihanda, aho basuye umuhanda Base-Kirambo-Butaro hagamijwe kureba uko watunganywa ukarushaho kuba nyabagendwa.

Ni mu gihe hategerejwe ko imirimo yo gukora uyu muhanda ugashyirwamo kaburimbo isubukurwa.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya


