U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Sangiza iyi nkuru

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW), utangaza ko mu Burundi hari ibitagenda mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bityo ukaba usaba ko bwakurwa ku rutonde rw’ibihugu bigize akabama ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu (conseil des droits de l’homme).
Ku wa 13 Werurwe 2018, nibwo HRW yatanze icyifuzo cyayo, nyuma ya raporo nyinshi uyu muryango wagiye usohora ugaragaza uburyo mu Burundi iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ryirengagizwa.
HRW iti “Aho gukora ibyo ishinzwe mu bijyanye n’amategeko ngenderwaho mpuzamahanga, Leta y’u Burundi ikomeza guhakana ko nta kibi na kimwe gihari, Leta ikomeza ihakana aho gukurikirana abashinjwa ubugizi bwa nabi”.
HRW yaboneyeho gushima imvugo yakoreshejwe na Zeid ko u Burundi n’ibindi bihugu birimo na Congo, byabaye nk’iseta ibagirwaho abantu.
HRW ikaba isaba ko mu Burundi ibikorwa bihutaza uburenganzira bwa muntu byahagarara.
Mu nama ya 37 ijyanye n’iyubahirizwa ry’uburengenzira bwa muntu, yabereye i Geneve mu Busuwisi ku wa 26 Gashyantare 2018, nibwo Intumwa nkuru ya Loni ku burenganzira bwa muntu, Zeid Ra’ad Al Hussein, yatangaje ko hari ibihugu bimwe byo ku migabane itandukanye birimo u Burundi na Congo, byabaye nk’iseta ibagirwaho abantu.
Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, itangaza ko ibihugu bitanu, birimo u Burundi, Congo, Syria, Yemen na Birmanie, abantu bicwa umusubirizo kandi bikagaragara ko nta gikorwa ngo bihagarare. Burundi, kimwe mu bihugu byiswe ‘iseta ibagirwaho abantu’
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *