Burundi: Aloys Baricako wo mu ishyaka RANAC rirwanya ubutegetsi yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi rya RANAC ( National Gathering for Change) Aloys Baricako, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kugira ngo ahatwe ibibazo.
Baricako yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi barwanashyaka be mu mujyi wa Gitega. Umuvugizi w’ishyaka rya RANAC George Nikiza yemeje aya makuru agira ati ’’Inzego z’umutekano muri Gitega zaduhamirije ko zamufunze kugira ngo bamuhate ibibazo’’
Ibi bije nyuma yuko leta itangaje ko amatora ya kamarampaka azaba mu kwezi kwa Gicurasi nyamara abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakabirwanya. Ibibazo by’umutekano muke mu Burundi byaruhijeho kuzamba kuva 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yiyamamarizaga manda ya gatatu nyamara abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko bihabanye n’itegeko nshinga.
Nkuko tubikesha The East African , manda ya gatatu ya Nkurunziza yatumye igihugu kizamo amakimbirane n’ihohotera bituma abantu benshi bahaburira ubuzima ndetse ibihumbi 400, 000 bahunga igihugu.
Abahunze barimo n’abanyapolitiki bakomeye bavuga ko bahunze kuko batinyaga ko bashobora kugirirwa nabi. Ishyaka rya RANAC muri matora ya 2015 ryari ryihuje n’andi mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi gusa 2016 ryiyandikishije nk’ishyaka ry’igenga.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Nkurunziza Viateur Bwiza.Com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *