Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente avuga ko ingengo y’imari yo mu buhinzi n’ubworozi igeze ku asaga miliyari 118

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard aragaragaza uko ingengo y’imari yo mu buhinzi n’ubworozi igenda izamuka. Ku va mu 2011/12 kugera mu 2017/18 yazamutse ku mpuzandengo ya 9%, iva kuri miliyari zisaga 80, ubu ikaba igeze kuri miliyari zisaga 118.

Ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yagezaga ku bagize Inteko Ishingamategeko imitwe yombi, ibijyanye n’urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, ku wa Kabiri tariki ya 3 Mata 2018, yibanze cyane kuri gahunda zigamije kwihaza mu biribwa no kongera ingano y’ibyo u Rwanda rwohereza ku masoko yo hanze, ibi byose bikajyana n’uburyo Leta irushaho kongera imbaraga muri ibi bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, ari nayo abishorwamo nayo yiyongera.

Agira ati “Ku birebana n’uruhare rw’ubuhinzi n’ubworozi mu bukungu bw’igihugu cyacu, ubuhinzi n’ubworozi byari bifite uruhare rungana na 31% mu 2017 by’umusaruro mbumbe w’igihugu cyacu (GDP), bivuye kuri 28% mu 2010. Ku bijyanye n’uko ingengo y’imari igenda izamuka, kuva mu 2011/12 kugera mu 2017/18 ingengo y’imari yo mu buhinzi n’ubworozi yazamutse ku mpuzandengo ya 9%. Mu 2011/12 yari 80,909,259,511 Frw naho mu 2017/18 ni 118,633,246,429 Frw (uku kwiyongera kungana na 47%)”.

Arakomeza avuga ko by’umwihariko, mu 2017, umusaruro uturutse ku buhinzi n’ubworozi, wiyongereye ku kigereranyo cya 7% (Annual agriculture growth) mu gihe wari kuri4% muri 2016. Mu bworozi (livestock and livestock products), umusaruro wiyongereye ku kigero cya 11%.

Mu bihingwa ngandurarugo (food crops) wiyongereyeho 7%; Mu bihingwa byoherezwa hanze (export crops) wiyongereyeho 2% .

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente, avuga kandi ko kugira ngo abahinzi barusheho kubona umusaruro uhagije n’inyungu igaragara, ndetse n’igihugu kihaze mu biribwa, Guverinoma y’u Rwanda ngo yashyizeho gahunda yo kwihutisha iterambere ry’ubuhinzi (Crop Intensification Programme/CIP), yatangiye mu 2007.

Ati “Umusaruro kuri Ha 1 hagati 2014 na 2017 wariyongereye,  Umuceri wiyongereyeho 19% (wavuye kuri toni 3.0/ha ugera toni 3.6/ha),  Ingano ni 17% (wavuye kuri toni 0.8/ha ugera toni 0.9/ha),  Imyumbati ni 78% (wavuye kuri toni 1.5/ha ugera kuri toni 2.6/ha)”.

Mu kwihaza mu biribwa, hagati ya 2015 na 2017, ngo hongerewe umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi; Umuceri wiyongereyeho 33%, uva kuri toni 97,437 ugera kuri toni 130,055; ibirayi byiyongereyeho 17%, biva kuri toni 662,018 bigera kuri toni 776,722.

Ibishyimbo byo ngo byiyongereyeho 7%, byavuye kuri toni 431,882 bigera kuri toni 460,239; imyumbati yiyongereyeho 13%, yavuye kuri toni 924,539 ikagera kuri toni 1,041,986. Soya yiyongereyeho 12%, iva kuri toni 21,250 igera kuri toni 23,742;

Ingano ziyongereyeho 37%, zivuye kuri toni 7,996 zigera kuri toni 10,926; · Amata yiyongereyeho 17%, yavuye kuri toni 700,267 agera kuri toni 816,791; Inyama ziyongereyeho 47%, zavuye kuri toni 103,281 zigera kuri toni 152,029;

Amafi yiyongereyeho 13%, avuye kuri toni 25,405 agera kuri toni 28,705; · Amagi yiyongereyeho 7%, yavuye kuri toni 6,973 agera kuri 7,475; naho ibigori byagabanutseho 3%, ni ukuvuga ko byavuye kuri toni 370,124 bikagera kuri toni 358,417. Minisitiri w’Intebe avuga ko byatewe n’icyorezo cya nkongwa.

Agaciro k’ikawa kiyongereyeho 3%, kavuye kuri 62,040,000 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 18,793) mu 2015 kagera kuri 64,115,952 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 18,670) mu 2017.

Agaciro k’icyayi kiyongereyeho 14%, kavuye kuri 72,862,490 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 24,789) mu 2015 kagera kuri 84,265,962 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 26,242) mu 2017.

Agaciro k’inyama kiyongereyeho 27%, kavuye kuri 14,790,450 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 3,958) mu 2015 kagera kuri 20,193,420 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 5,683) mu 2017.

Naho ak’ibireti kiyongereyeho 5%, kavuye kuri 2,522,503 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 14.5) mu 2015 kagera kuri 2,664,607 z’amadolari y’abanyamerika (bihwanye na toni 15.3) mu 2017.

Minisitiri w’Intebe avuga ko ingamba zo kongera uru rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, Guverinoma yiyemeje kongera ubuso bwuhirwa bukazagera ku buso bungana na ha 102,284 mu 2024 bivuye kuri ha 48,508 zo mu 2017, hanihutishwa gahunda yo gutubura imbuto ku buryo mu gihe cy’imyaka 3 uhereye muri uyu mwaka 2018, ngo Abanyarwanda bazaba bihaza ku mbuto.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *