FARDC na ADF NALU mu kwica abasirikare ba Tanzaniya bari muri Monusco

Sangiza iyi nkuru

Ni nde wishe abasirikare ba Tanzaniya bari mu ngabo za ONU zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo Kinshasa Monusco zari i Beni ku itariki ya 5 Gicurasi 2015 ? Leta ya RDC n’impuguke za ONU bose baritana ba mwana kuri ubu bwicanyi kandi bagatangaza amaraporo atandukanye kuri ubu bwicanyi. Ibi rero bikaba ari bimwe mu bikomeje gutera urujijo.
Raporo y’ibanga y’impuguke za ONU ivuga ko ibi bitero byatezwe n’abasirikare ba FARDC bari i Beni. Ku rundi ruhande RDC ikimenya ko yashyizwe mu majwi nayo yahise ikora iperereza ryayo ryagaragaje ko abishe abasirikare ba Tanzaniya ari abarwanyi ba ADF NALU. Ukuri kuri he hagati y’aba bombi ?

Tanzaniya
Abasirikare ba Tanzaniya 2 bari muri MONUSCO. Aha bari muri Patrouille mu nkengero za Goma

Raporo y’akanama k’ubutabera bwa gisirikare ka FARDC muri raporo y’agateganyo y’ibanga RFI yabonye kuri uyu wa gatandatu iravuga ko ibitero byagabwe ku basirikare ba Tanzaniya byakozwe n’umutwe w’abarwanyi ba ADF NALU naho abasirikare ba FARDC bahageze nyuma yo kurasa aba basirikare ba Tanzaniya.
Urukiko rwa gisirikare rwa Beni rwabajije abantu 5 barimo 4 abasirikare bo ku rwego rwa officier bari ahabereye ibyo bitero byabaga ,umushoferi wa taxi moto ndetse n’imwe mu nkomere yari itarashiramo umwuka.
Aba batangabuhamya 5 banyomoje amakuru y’impuguke za ONU nk’uko RFI radio ikomeza ibitangaza.
Umukuru wa Batayo ya mbere yari iri Mayi Moya hafi n’ahabereye iki gitero avuga ko yari Oicha abona igitero cy’abantu bagabye igitero ahita atangaza ko ako gace gatewe kugira ngo ingabo zari aho hafi zitangire uburyo zakwirinda no gusubiza inyuma icyo gitero. Avuga ko yahise afata moto hamwe n’uwari umurinze kugira ngo abashe kugera ku ngabo ayoboye mu buryo bwihuse.
Ngo yabonye ingabo atabashije kumenya zitangira gukozanyaho n’uwo mutwe wari uri kurwana abonye bikomeye ahita yiruka ajya gushaka izindi ngabo zo kubatera ingabo mu bitugu kuko basaga nk’aho bagiye kuneshwa.
Iyo raporo ivuga ko ingabo za FARDC zahageze iyo ntambara irangiye zihasanga imirambo 2 y’abasirikare ba Monusco bakomoka muri Tanzaniya n’abaturage batatu bishwe. Ngo izi ngabo za FARDC zahise zitwara imirambo y’aba basirikare babiri ba Tanzaniya bari bishwe bagenzi babo bakabata ku rugamba.
Umuturage wabajijwe we yavuze ko yari inyuma y’imodoka z’abasirikare ba Tanzaniya ubwo iki gitero cyagabwaga. Avuga ko abagabye iki gitero ari abaturage bagizwe n’abagabo n’abagore n’abana bose bitwaje intwaro. Iyi raporo yo ikavuga ko yabashije kumenya ko ari abarwanyi ba ADF NALU.
Urukiko rwa gisirikare ruvuga rwabonanye n’imwe mu mpuguke za ONU zakoze raporo itandukanye n’iya FARDC.
Uru rukiko ruvuga izi mpuguke za ONU zabashije kuvugana n’abatangabuhamya batanu bemeza nk’ibi FARDC ivuga. Bose bakaba bavuga ko igitero cyateguwe kandi kigabwa n’umutwe wa ADF NALU.
Ku rundi ruhande , impuguke za ONU zivuga ko Umusirikare umwe wo ku rwego rwa Officier n’abaturage batatu batangaje ibihabanye n’ibyatangaje na FARDC. Aba banyuma ibyo bavuze ibihabanye na raporo ya FARDC leta ntiyabiha agaciro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *