Uwayo Germain, utuye mu kagari ka Gitarama, umurenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga, avuka mu muryango w’abana benshi kuko yivugira ko ise yari yashatse abagore benshi, nyina umubyara yari umugore wa munani, nyuma yo gutandukana Kwa se na nyina, yaje kubura uburere bw’ababyeyi ari byo byatumye amara imyaka irindwi akoresha ibiyobyabwenge, byanamukurijemo uburwayi bwo mu mutwe.
Uwayo avuga ko ubwo yageraga mu mashuri yisumbuye ,yabuze umwitaho ,kuko na nyina umubyara babanaga atari ashishikajwe n’uburere bwabo, ahubwo yari ashishikajwe gusa no kubona ibibatunga, icyo gihe ngo yakoreshaga ibiyobyabwenge ariko nyina ntiyigeze abimenya ahubwo yabimenye ari uko afashwe n’uburwayi bwo mu mutwe, akajyanwa kuvurizwa i Ndera.
Agira ati “iyo ababyeyi banjye banyitaho, bakankurikirana ntabwo nari kurinda aho mfatwa n’ibisazi ngo ngere i Ndera, Mama umbyara twarabanaga nkanywa urumogi rwinshi, nkanywa inzoga nyinshi z’inkorano, kanyanga ,…..ariko mu myaka irindwi namaze mbinywa, ntiyigeze abimenya, kuko ntiyari yitaye kukumenya ibyo mbamo, nta burere nabonye ,we yitaga ku gushaka ibyo kurya gusa”.
Akomeza avuga ko iyi ngeso ayisangiye n’abavandimwe be, ati “mfite mukuru wanjye nawe wabinyweye agera ku rwego rwo kwitura hasi, kuko ubwonko bwe bwari butangiye kwangirika, ibyo byose umubyeyi wacu ntiyigeze abimenya ko tubinywa, yabaga ashishikajwe n’ibyo turi burye gusa”.
Mu buhamya bwe avuga ko abana iyo badakurikiranwe ,cyane abakiri mu mashuri yisumbuye, usanga babyishoramo kuko nawe nibwo yamenye kubikoresha, agira inama ababyeyi kujya bakurikirana abana babo, bakamenya incuti bagendana,ndetse bakamenya n’imyitwarire yabo ,haba ku mashuri cyangwa mu ngo zabo.
Yagize ati “ababyeyi nibareke guhugira mu bibaha amafaranga gusa ahubwo bite ku bana babo,iyo umwana ageze ku ishuri ,burya ahahurira n’abandi batandukanye, iyo utamubaye hafi ,atwarwa n’ibyo bamujyanyemo byose,kandi umwana warundukiye mu biyobyabwenge akiri muto biramwangiza”.
umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Dr Ndimubanzi Patrick, avuga ko ubushakashatsi bwerekanye ko urubyiruko rutangira gukoresha ibiyobyabwenge rufite imyaka 11, kandi ngo bigira ingaruka nyinshi ku buzima bw’umuntu.
Dr Ndimubanzi avuga ko uretse kwangiza ubwonko, bishobora no gutera indwara zirimo izifata umwijima ,impyiko,indwara zo kwibagirwa,……
Ati” Leta yahagurukiye kubirwanya ariko ntabwo yabigeraho idafatanije n’abanyarwanda, burya ibintu byose bihera mu muryango, ababyeyi nibamenye ko uburere bw’abana babo bubareba, bamenye aho baba, ibyo babamo, ku mashuri aho bari ,babayeho gute, ni ba nde bagendana, Leta nifatanya n’abanyarwanda twese tukabirwanya bizacika.
Mu rwego rwo gukomeza kubirwanya, inzego zitandukanye, Minisiteri y’ubuzima ,iy’urubyiruko, inzego z’umutekano, ku wa Gatanu tariki ya 6 mata 2018,imbere y’abaturage, mu karere ka Muhanga ,hangijwe ibiyobyabwenge birimo urumogi ibiro 138, utubure tw’urumogi 6402, inzoga z’inkorano litiro 5700 na kanyanga litiro 730. Byose bifite agaciro ka miliyoni cumi n’imwe n’ibihumbi magana atanu(11.500.000)by’amafaranga y’u Rwanda.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Uwambayinema M.Jeanne /bwiza.com


