RDC: Umupadiri arakekwaho uruhare mu gitero cyatwitse urugo rwa perezida Kabila

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha bwa gisirikare burasaba urukiko rwa gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru gukora iprereza ku gitero cyagabwe mu mpera z’umwaka ushize ku rugo rwa perezida Joseph Kabila aho bwifuza guhata ibibazo umwe mu bapadiri ba Diyosezi Gaturika ya Butembo bukekaho kugira uruhare muri iki gitero cyasize gitwitse urugo rw’umukuru w’igihugu rugakongoka.
Uru rugo rwa perezida Kabila ruherereye ahitwa Musyenene, kamwe mu duce two muri Teritwari ya Lubero mu birometero nka 20 uvuye Butembo muri Beni, rwatwitswe kuwa 25 Ukoboza mu mwaka ushize wa 2017.
Kuri uyu wa kabiri ushize, itariki 17 Mata nibwo ubushinjacyaha bukuru bwa gisirikare mu rukiko rwa gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru bwoherereje ibaruwa uyu mupadiri bumusaba kwitaba abashinzwe iperereza ngo abazwe kuri dosiye y’igitero cyatwitse urugo rwa perezida Kabila ruherereye Musyenene.
Amakuru ava mu butabera nk’uko bitangazwa na Radio Okapi, aravuga ko abagabye iki gitero bifashishije imodoka ya paruwasi ya Luhotu mu gutwara ibintu byinshi byasahuwe muri uru rugo rwa Kabila babijyana mu kandi gace byegeranye kitwa Masereka.

President Kabila’s residence burned down in DR Congo 5
Urugo rwa perezida Kabila rwarahiye rurakongoka

Amakuru akaba akomeza avuga ko umukuru w’umutwe wa Mai-Mai Kilalo na bamwe mu bantu be bagiye kuri iyi paruwasi ya Luhotu hari umuyobozi wayo na perezida wa komite ya paruwasi bagiye gufata iyo modoka ndetse lisansi bakayihabwa nta mpaka zibaye.
Abashinzwe iperereza bavuga ko habayeho ubufatanyacyaha muri iki gitero, baratangaza ko bategereje kumva ibyireguzo by’aba bihaye Imana ku birego bashinjwa.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *