Aba-Houthi biyemeje kwibasira inyungu zose z’Abanyamerika n’Abongereza

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, umutwe w’inyeshyamba z’Aba-Houthi wo muri Yemeni wemeje ko ugiye kwibasira inyungu zose z’Abanyamerika n’Abongereza nyuma y’ibitero by’ibi bihugu muri Yemeni.

Mu itangazo ry’Inama Nkuru ya Politiki y’Aba-Houthi, iryo tsinda ryagize riti “igitero cy’ubuhemu kandi cyeruye cy’Abanyamerika n’Abongereza igihugu cyahuye nacyo ntikemewe kandi nta bisobanuro gifitiwe.”

Aba-Houthi bahize ko “inyungu zose z’Abanyamerika n’Abongereza zahindutse ibipimo by’ingabo za Yemeni kugira ngo zisubize igitero cyabo kuri Repubulika ya Yemeni.”

Mbere, Ibiro Ntaramakuru Saba byegereye Aba-Houthi byatangaje ko indege za Amerika n’u Bwongereza zagabye ibitero by’indege muri Sanaa na Al Hudaydah, Sa’ada, na Dhamar.

Ibi bitero byabaye nyuma y’amasaha make umuyobozi w’umutwe w’Aba-Houthi wo muri Yemeni, Abdul-Malik al-Houthi, aburiye ko umuntu wese uzagaba igitero cya gisirikare ku gihugu cye “azishyura ikiguzi,” ashimangira ko igitero icyo ari cyo cyose cya Amerika “kizasubizwa.”

Abanyamerika n’Abongereza bagabye ibitero muri Yemeni nyuma y’uko izi nyeshyamba z’Aba-Houthi zimaze iminsi zibasira amato y’ubucuruzi ajya mu burasirazuba bwo Hagati anyuze mu Nyanja itukura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *