Ingabo za Uganda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zamaganye icyo zise poropaganda mbi, ivuga ko zifatanya n’umutwe wa M23 muri Teritwari ya Masisi, aho Wazalendo yemeza ko zagize uruhare mu rugamba rwo muri Mushaki.
Ku wa Gatanu, ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba rizwi nka Wazalendo zifatanya n’ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ryasohoye itangazo rishinja Ingabo za Uganda gufasha inyeshyamba za M23 muri Mushaki muri Teritwari ya Masisi.
Izi nyeshyamba za Wazalendo zibinyujije ku muvugizi wazo, Jules Mulumba (ku ifoto iruhande rwa Tshisekedi), zavuze kandi ko zafashe kandi zikica bamwe mu basirikare ba Uganda igihe bari ku rugamba muri Mushaki. Umujyi wa Mushaki wafashwe n’inyeshyamba za M23 muri iki cyumweru gishize nyuma y’imirwano ikaze.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Wazalendo rigira riti: “Ingabo za Uganda zirwana ku ruhande rwa RDF / M23 i Mushaki kandi abacanshuro b’abanyamahanga batawe muri yombi n’ingabo zacu. Reka twese duhagarare inyuma y’abasore bakunda igihugu. Turi Wazalendo. Congo mbere na mbere. ”
Icyakora nk’uko tubikesha urubuga pmldaily rwo muri Uganda, kuri iki Cyumweru, itariki 10 Ukuboza, Ingabo za Uganda zibinyujije ku muvugizi wazo, Capt. Ahmed Hassan Kato mu itangazo rye yamaganye aya makuru, avuga ko adafite ishingiro.
Capt. Kato yavuze ko ibivugwa ari poropagande gusa no kwibeshya bigamije guhungabanya isura y’ingabo za Uganda kugirango zikererwe kandi bizibuze gukomeza igikorwa cyo kuva mu butumwa bwa EAC nk’uko biteganyijwe.
Kato avuga ko ingabo za Uganda zitigeze zikorera muri Mushaki nkuko bivugwa na Wazalendo kubera ko inshingano zazo ari izo kubungabunga amahoro muri Teritwari ya Rutshuru by’umwihariko muri Bunagana, Mabenga, Tshengerero, na Kiwanja ariko zidakorera muri Masisi.
Kato yongeraho ko ubu ingabo za Uganda ziri mu nzira yo kuva muri ako karere n’ibikoresho byazo kubera ko zubaha cyane ibyemezo byafashwe n’inama z’abakuru b’ibihugu ndetse n’abagaba b’ingabo bo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba zasabye Ingabo z’umuryango kuva muri Congo.
Yakomeje agira ati: “Twifuje gukurura ibitekerezo byanyu ku makuru atari yo agaragara ku mbuga nkoranyambaga z’icengezamatwara z’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo muri RDC zishinja ibinyoma ingabo za UPDF ko zikora ibikorwa bya gisirikare muri Teritwari ya Rutshuru mu gihe Manda ya EACRF yarangiye. Bavuze kandi ibinyoma ko bafashe bamwe mu basirikare bacu bafashwe nk’imbohe z’intambara mu rugamba rwa Mushaki hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za FARDC, ”
Ku wa Gatandatu, inyeshyamba za M23 zahagurutse i Mushaki zijya Kirotshe, Ngungu, na Murambi zerekeza Kagano. M23 ubu iragenzura kuva Mushaki kugera Kabaya 2 mu misozi yitegeye Umujyi wa Bihambwe. Inyeshyamba za Wazalendo zoherejwe kandi mu Mujyi wa Bihambwe zigerageza kubuza M23 gutera imbere yerekeza mu gace ka Rubaya gakorerwamo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Masisi.
Muri Werurwe 2022, nibwo M23 iyobowe na Bertrand Bisimwa na Gen. Sultan Makenga yatangije intambara yo kurwanya leta. Guverinoma ya Congo yanze kugirana imishyikirano n’uyu mutwe, ishinja u Rwanda kuwutera inkunga, ariko u Rwanda na M23 barabihakana byimazeyo.
Inyeshyamba zivuga ko zirwanya ubuyobozi bubi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwamunzwe na ruswa, kwanga abanyamahanga, n’ivangura.


