Abacuruzi ba Kisoro basabye Museveni kubafasha gufunguza mugenzi wabo ufungiwe mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Abacuruzi bagera kuri 200 bakorera mu Karere ka Kisoro muri Uganda, basabye Perezida Museveni n’umuhungu we usanzwe ari n’umujyanama mukuru wa perezida ushinzwe ibikorwa bidasanzwe, Gen. Muhoozi Kainerugaba, kubafasha gufunguza mugenzi wabo bavuga ko amaze igihe kirekire afungiwe mu Rwanda nta rubanza .

Ababisabye bayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana (uri ku ifoto), bavuga ko gufungwa igihe kirekire kwa Valence Kibyeyi bitagize ingaruka ku ruhare rwabo mu bucuruzi bwambukiranya imipaka gusa, ahubwo ko ari no guhonyora uburenganzira bwa mugenzi wabo.

Abasaba bavuga ko Kibyeyi yatawe muri yombi mu myaka ibiri ishize n’abashinzwe umutekano mu Rwanda akurikiranyweho kunyereza imisoro ariko ko atigeze aregwa mu nkiko kubera icyo cyaha akekwaho.

Bizimana avuga ko ibaruwa isaba ubufasha yo ku itariki ya 2 Werurwe yagejejwe ku ngoro y’umukuru w’igihugu i Entebbe no kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga i Kampala nk’uko iyi nkuru ukesha KFM ivuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *