Abadepite 27 baturuka mu mitwe ya politiki itandukanye igize Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), kuri uyu wa 23 Nzeri 2020 bandikiye Umuyobozi w’uyu muryango, Joseph Borell Fontelles bamugaragariza impungenge kuri Paul Rusesabagina watawe muri yombi na leta y’u Rwanda.
Kwita Rusesabagina umuturage w’u Bubiligi na EU babishingira ku kuba yaravuye mu Rwanda mu 1996 “ku bw’umutekano we”, agahabwa ubuhungiro muri iki gihugu, aho yaje no guhabwa ubwenegihugu.
Aba badepite biganjemo abo mu mutwe wa ‘Renew Europe’ bavuga ko leta y’u Rwanda yataye muri yombi Rusesabagina tariki ya 27 Kanama 2020 imushutse, gusa ngo amakuru arambuye ku ifatwa rye yakomeje kugirwa ibanga.
Bagaragaza kandi Rusesabagina nk’umuntu warokoye Abatutsi n’Abahutu 1200 bagombaga kwicwa n’Interahamwe, akabahisha muri hoteli ya Milles Collines, nk’uko yabigaragaje no muri filimi mbarankuru ya Hotel Rwanda.
Ikindi kandi ngo yanengaga imikorere y’ubuyobozi bw’u Rwanda, ngo ikaba ishobora kuba impamvu yatumye atabwa muri yombi.
Ku bw’ibyo, aba badepite barasaba EU gukora ibishoboka byose mu mu bubasha bwayo, igakurikirana ubuzima bwa Rusesabagina n’ubutabera ahabwa, igakora iperereza, ikamenya niba byose bikurikiza amategeko nk’umuturage w’uyu muryango, kugeza ubwo urubanza rwe ruzarangirira.
Ngo: “Gufunga umuturage wa EU, akaba n’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu buryo budasanzwe byaba ari igisebo gikomeye kuri uyu muryango” kuko ngo hishwe amategeko mpuzamahanga.
Nk’uko byatangajwe na leta y’u Rwanda binyuze mu Rwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Rusasabagina yafatiwe ku kibuga cy’indege mpizamahanga cya Kigali i Kanombe, yizanye ku bushake.
Rusesabagina we mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru The New York Times cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yatangaje ko tariki ya 29 Kanama 2020 yisanze i Kanombe yari azi ko ari kwerekeza mu Burundi, yitabye ubutumire bwa Pasiteri.
Ku bijyanye n’uburenganzira bwe agomba nk’umuntu ufunzwe, hashize iminsi mike ari muri kasho ya Remera mu Karere ka Gasabo, Rusesabagina yasobamuriye umunyamakuru wa The East African ko uburenganzira bwe buri kubahirizwa.
Gusa ariko umuryango wa Rusesabagina uba muri USA wagiye ugaragaza ko utemera ibyo we ubwe ndetse n’ibyo leta y’u Rwanda batangaza, kuva yerekwa itangazamakuru tariki ya 31 Kanama kugeza mu rubanza rwe rwa mbere.



12 Responses
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Aba badepite bashyigikiye iterabwoba ridakorerwa ku butaka bwabo bagomba nabo kuzabibazwa kuko harimo ruswa.
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Aba badepite bashyigikiye iterabwoba ridakorerwa ku butaka bwabo bagomba nabo kuzabibazwa kuko harimo ruswa.
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Abo bagambanyi babadepite kdi bagomba gusobanura ukuntu umuturage wabo agaba ibitero bikica abaturage ku butaka bw’u Rwanda ari umubiligi
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Abo bagambanyi babadepite kdi bagomba gusobanura ukuntu umuturage wabo agaba ibitero bikica abaturage ku butaka bw’u Rwanda ari umubiligi
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Kuki abo badepite batabujije umuturage wabo gushinga umutwe wo kwica abanyarwanda? Niyo yaba ari umuniligi w,uruhu rwera ntiyemerewe kwica abanyarwanda ngo ntabibazwe. Ibyo basakuzamo rero ntacyo bizatanga
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Kuki abo badepite batabujije umuturage wabo gushinga umutwe wo kwica abanyarwanda? Niyo yaba ari umuniligi w,uruhu rwera ntiyemerewe kwica abanyarwanda ngo ntabibazwe. Ibyo basakuzamo rero ntacyo bizatanga
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Hummmm! Cyo re!
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Hummmm! Cyo re!
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Arko ngabo barugigana baradushakaho iki? nnex kuberako umutekano yahungabanyije ataruwabo bari kwisaz ndabamenyeshako ibyaha ashijwa nibimuhama ubutabera bw’u Rwanda butazamuhereza If u seen u have 2pay
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
Arko ngabo barugigana baradushakaho iki? nnex kuberako umutekano yahungabanyije ataruwabo bari kwisaz ndabamenyeshako ibyaha ashijwa nibimuhama ubutabera bw’u Rwanda butazamuhereza If u seen u have 2pay
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
isi ntigira inyiturano ugiriwa,ineza nuwo yayigiriye aba agira imana
Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”
isi ntigira inyiturano ugiriwa,ineza nuwo yayigiriye aba agira imana