Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yashyizeho amabwiriza agenga imitwariye y’abafana bitabira irushanwa nyafurika ry’umukino wa Basketball (BAL) rirabera muri Kigali Arena guhera kuri uyu wa 16 Gicurasi 2021.
Ni nyuma y’aho itangaje ko abafana bemerewe kwitabira iri rushanwa riragaragaramo ibyamamare byinshi, birimo abahanzi baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka J. Cole na Mohombi.
Ibisabwa umufana witabira iri rushanwa birimo: kugaragaza icyemezo cy’uko utanduye Covid-19 cyerekana, cyerekana ibyavuye mu gipimo (test) cyafashwe mu masaha 48 ashize no kwerekana ikarita ndangamuntu kugira ngo hasuzumwe ukuri kw’igipimo.
Mu gihe yageze muri Kigali Arena, arasabwa: kutegerana na mugenzi we, guhana intera ya metero ebyiri na mugenzi we, kwambara agapfukamunwa neza no kunyura mu nzira zashyizweho zonyine.
Utarubahiriza aya mabwiriza, arasabwa gusohoka muri iyi nyubako nk’uko Minisiteri yakomeje ibivuga. Yagize iti: “Abafana batarubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, barasabwa gusohoka muri Kigali Arena.”
Naho uwerekana icyemezo cy’uko atanduye iki cyorezo gihimbano, ashobora kubihanirwa “hashingiwe ku mategeko”.
Iri rushanwa riratangira uyu munsi, rizarangire tariki ya 30 Gicurasi 2021, riritabirwa n’amakipe 12 aturuka muri Afurika.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


