Abajura bitwaje intwaro zirimo imbunda mu ijoro ryo ku wa 7 Nzeri 2021, bagabye igitero mu rwuri rwa Napak rw’Umuyobozi Mukuru w’Urukiko rwa Gisirikare muri Uganda, Lt. Gen. Andrew Gutti, bamwiba izindi nka 40.
Jacob Yeno wo mu muryango wa Gen. Gutti yabwiye The Observer ko aba bajura bari benshi “baje ahagana sa mbiri z’ijoro bafite imbunda, batugabaho igitero. Ubwo abasirikare bazaga, bacikanye inka.”
Umuvugizi wa Divisiyo ya 3 mu ngabo za Uganda, Capt. Edrin Mawanda na we yemeje aya makuru, ati: “Ni byo koko urwuri rwa General rwagabweho igitero, abarwanyi biba inka 40.”
Bikekwa ko aba bajura bakorana n’abacuruza inka kuko ngo iyo bamaze kuziba, bazuriza amakamyo bakazijyana. Ingabo za Uganda ziri kubashakisha mu nzira zikeka ko banyuzemo, kugira ngo zigaruze inka za Gen. Gutti.
Gen. Gutti yaherukaga kwibwa izindi nka 130 mu mezi abiri ashize. Gusa ingabo za Uganda zarazikurikiranye, zirazigaruza. Na none muri Mutarama 2021, abajura bagerageje kwiba imashini ihinga (tractor), ntibyabahira.


