Abakandida 5 bahatanira kuyobora Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe mu kiganirompaka

Sangiza iyi nkuru

Abantu batanu bahatanira gusimbura umuyobozi wa Komisiyo Yunze Ubumwe bazahurira mu kiganirompaka kuwa 09 Ukuboza mbere y’amatora ateganyijwe muri Mutarama 2017.

[ad id=”44145″]

Afurika Yunze Ubumwe yohereje ubutumire kuri uyu wa kabiri ihamagarira abazahatana muri iki kiganirompaka bazagaragarizamo imigabo n’imigambi bafitiye Afurika Yunze Ubumwe mu gihe bazaba batorewe kuyiyobora.

Iyi Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe kuri ubu iyobowe na Dr nkosazana Dlamini zuma, yatangaje ko iki kiganirompaka kigamije guhindura uyu muryango gitanga Abanyafurika amahirwe yo kumenyeshwa no kugira uruhare mu mikorere ya komisiyo.

Abakandida batanu bahatanira kuzasimbura Dr Nkosazana ni: Pelonomi Venson-Moitoi, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Botswana, Mousaa Faki Mahamat, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tchad, Agapito Mba Mokuy, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Guinea Equatorial, Amina Mohamed, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya, na Bathily Abdoulaye wo muri Senegal kuri ubu ukora nk’intumwa idasanzwe ya Loni muri Centrafrica.

page

[ad id=”44145″]

Umunya-Afurika y’Epfo, Dr Nkosazana Dlamini Zuma ari ku buyobozi bw’iyi komisiyo kuva mu 2012, akaba ataraniyamamarije gukomeza kuyiyobora muri manda ya kabiri nk’uko africanews dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Biteganyijwe ko amatora azabera mu nama ya 28 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma guhera kuwa 30 kugeza kuwa 31 Mutarama, ku cyicaro cya Afurika Yunze Ubumwe i Addis abeba muri Ethiopia.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *