Kapiteni wa Newcastle United Kieran Trippier yahishuye abakinnyi 4 ba Manchester United bagomba kwitondera kugira ngo batware igikombe cya Carabao.
Ibi bije mu gihe habura umunsi n’amasaha make gusa ngo New Castle United yesurane na Manchester United ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Carabao Cup.
Mu bakinnyi bane bo kwitega Trippier yavuze, barimo Marcus Rashford watsinze igitego cya 23 n’icya 24 muri uyu mwaka w’imikino ubwo bakinaga na Leicester City mu mpera z’icyumweru gishize.
Abandi bakinnyi b’amashitani atukura Trippier yavuze ni Umunya-Portugal Bruno Fernandes, Umunya-Brazil Casemiro n’Umwongereza mugenzi we Luke Shaw bose bafashije Man United cyane muri uyu mwaka.
Mu magambo ya Trippier yagize ati: “Marcus ndamuzi neza, nzi uburyo arenzemo, ikindi kandi ari mu bihe byiza kandi ndabyishimiye. Gusa si uwo gusa, mwabonye uburyo Bruno Fernandes, Casemiro na Luke Shaw babaye akakinnyi beza muri uyu mwaka w’imikino.”

Kapiteni wa Newcastle United Kieran Trippier
Trippier yasoje avuga ko bagomba kubigaho kugira ngo batsinde cyane ko ari yo ntego yabo.
Gusa ntawakemeza ijana ku ijana ko Newcastle izatsinda Man United kuko ifite icyuho mu izamu. Mu mukino wa shampiyona ushize ubwo Newcastle yatsindwaga na Liverpool 2-0, umuzamu wabo wa mbere Nick Pope yahawe ikarita y’umutuku nyuma yo kurenga urubuga rwe maze agafata umupira.

Nick Pope ahabwa ikarita y’umutuku
Igituma ibintu bikomera kurushaho ni uko n’umsimbura we Martin Dubravka akumiriwe gukina uyu mukino kuko hari imikino ya Carabao Cup yakinnye akiri muri Man United; ibituma Man United itwaye iki gikombe na we yakambara umudari.
Ubwo rero uwo Newcastle itezeho amakiriro ni umuzamu wa 3 Loris Karius wahoze muri Liverpool n’uwa 4 Mark Gillespie.
Newcastle United yageze ku mukino wa nyuma imaze gusezera Southampton ku giteranyo cy’ibitego 3-1, mu gihe Manchester United yo yari yasezereye Nottingham Forest ku giteranyo cy’ibitego 5-0.


