Abakomeye ku Isi bateye umugongo Trump, baha ikaze Biden

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’iminota mike bimaze kwemezwa ko Joe Biden yegukanye amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA), abakomeye ku Isi bahise bamuha ikaze, batera umugongo Donald Trump ucyemeza ko ari we watsinze.

Insinzi Biden yayibonye nyuma yo kwegukana amajwi shingiro 20 yo muri Leta ya Pennsylvania, ubwo yari afite 264 aburaho 6 gusa kugira ngo agira 270 yari gutuma byemezwa bidasubirwaho ko ari Perezida wa 46 wa USA.

Pennsylvania yagejeje Biden ku majwi 284, noneho akomeza kurusha Trump ubwo yegukana n’andi majwi 6 yo mu mujyi wa Nevada, agira 290.

Trump wagumye ku majwi 214, yakomeje kuvuga ko yibwe, yemeza ko ari we wegukanye insinzi, nk’uko bigaragara mu butumwa yacishije ku rubuga rwa Twitter. Yagize ati: “Natsinze aya matora, cyane! […] Indorerezi ntabwo zari zemerewe kujya mu byumba bibarirwamo amajwi. Aya matora narayatsinze, mbona amajwi yemewe n’amategeko 71,000,000. Ibibi byabaye ni uko nta ndorerezi zemerewe kubireba.”

Gusa amagambo ya Trump ntabwo abayobozi bakomeye ku Isi bigeze bayitaho; ahubwo bifatanyije guha ikaze Biden, bamwizeza n’ubufatanye.

Ku ikubitiro, Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa USA (wari usanzwe ashyigikiye Biden kuva mu bihe byo kwiyamamaza) ni we wahaye ikaze Joe Biden. Yamwijeje kumutera ingabo mu bitugu, we n’umugore, Michelle Obama bakazafatanya n’umuryango mukuru muri USA (Joe na Jill Biden) mu kugeza USA aheza.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na we yishimiye insinzi ya Joe Biden, agira ati: “Abanyamerika bahisemo Perezida wabo…Dufite byinshi twakorana mu gutsinda ibibazo biriho uyu munsi. Dukorere hamwe!”

Minisitri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, Shanseriyeri w’u Budage, Angela Merkel, Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, ndetse n’abandi benshi biganjemo abakuru b’ibihugu, bishimiye insinzi ya Joe Biden, bamusaba ko USA yakorana n’ibihugu byabo.

Biteganyijwe ko Joe Biden azatangira inshingano nka Perezida wa USA muri Mutarama 2021. Visi Perezida we ni Kamala Harris, umwirabura wa mbere w’umugore ubashije kwesa uyu muhigo, we akaba agiye gusimbura Mike Pence.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *