Mu cyumweru gishize nibwo Umuryango w’Abibumbye wari watangaje ko abakozi bawo 10 mu batanga imfashanyo baburiwe irengero muri Sudani y’Epfo mu buryo budasobanutse, ubu ukaba utangaza ko babonetse.
Umuryango utabara imbabare muri Sudani y’Epfo (Croix Rouge), utangaza ko aba bakozi 10 bari babuze, ari abakozi ba Loni bashinzwe gutanga imfashanyo bo muri Sudani y’Epfo, bakaba bari barafashwe n’inyeshyamba za SPLM-IO.
Umuvugizi w’izi nyeshyamba, Gen.Lam Paul Gabriel, avuga ko aba bakozi 10 bafashwe ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, bageze ku butaka batemerewe gukandagiraho batabiherewe uburenganzira na zo.
Nk’uko ikinyamakuru nytimes.com kibitangaza, ngo iyi ni inshuro ya kabiri mu kwezi kumwe abakozi ba Loni bafatwa n’imitwe y’inyeshyamba, bashinjwa kwinjira ku butaka ziba zarigaruriye zitabibahereye uburenganzira.
Kuva mu mwaka wa 2013, abakozi ba Loni bashinzwe gutanga imfashanyo basaga 100 ngo bamaze kwicwa muri Sudani y’Epfo.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



