Abaminisitiri basaga 60 b’ububanyi n’amahanga muri EU na AU mu nama i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Abantu bagera kuri 500 barimo abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga barenga 60 bo mu Muryango w’Ububanyi n’u Burayi (E.U) n’abo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Ukwakira barateranira i Kigali mu nama ya 2 y’iminsi ibiri y’abaminisitiri ihuza iyi miryango.

Ni inama ya mbere ibaye kuva muri Mutarama 2019.

Biteganijwe ko abaminisitiri bungurana ibitekerezo ku bufatanye bw’ibihugu by’u Burayi n’ibihugu bya Afurika n’uburyo bwo gushimangira ubufatanye, nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara.

Kuri gahunda biteganyijwe ko ibiganiro bizibanda ku ngingo zitandukanye zirimo igisubizo no kuva mu ngaruka z’icyorezo cya Covid-19 kimwe no kubaka ubushobozi bwo kongera kwiyubaka.

Izindi ngingo zizigwaho zirimo gushora imari mu kurengera ibidukikije, amahoro, umutekano n’imiyoborere ku Isi yose, bwikorezi, uburezi, siyanse, ikoranabuhanga no guteza imbere ubumenyi.

Iyi nama ku ikubitiro yari iteganijwe muri Gicurasi 2020 ariko isubikwa kubera ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *