Abana bari munsi y’imyaka 18 bakatiwe gufungwa Burundu muri 2016

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe usanga imiryango mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu ndetse n’iyita ku bana ivuga ko umwana atemerewe gufungwa atarageza ku myaka 18 y’amavuko, hari ibihugu bimwe na bimwe ku isi byagiye birenga kuri ayo mabwirizwa aho abana batari bacye hirya no hino ku isi bagiye banahabwa ibifungo bya burundu kandi batarageza ku myaka 18 y’ubukure.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba ni bamwe mu bana bagiye bahamwa n’ibyaha bikomeye bagahanishwa igifungo cya burundu.
 

  1. John Whitaker w’imyaka 18-Washington

Uyu musore nawe watangiye gukurikiranwa n’urukiko mu mwaka wa 2015 ubwo yari afite imyaka 17 y’amavuko, akurikiranyweho kuba umwe mu bishe umuntu bamurashe amasasu atari macye barangiza bakamuraba.
 
Uyu musore ashinjwa kuba umw mu bazanye imbunda ndetse yarangiza akanamucukurira umwobo bamutabyemo.
Urukiko rwa Snohomish rwamuhaye iki gihano cyo kumufunga burundu ndetse runamusaba kutagira icyo arenzaho kuko yakabaye yarahawe igihano cyo gucibwa umutwe.

  • John Silva w’imyaka 15 muri Florida

Uyu mwana w’imyaka 15 yakatiwe n’urukiko rwa Florida mu kwezi kwa gatatu 2016 igifungo cya burundu nyuma yo kwica urubozo umwana w’imyaka 12 bakinaga amuhambirije insinga z’amashanyarazi, yarangiza akabihisha bakazamubona nyuma y’iminsi 2 anuriwe irengero.
Urukiko rwafashe uyu mwanzuro nyuma yo kubona ko uyu mwana akwiye guhanishwa urupfu ariko nawe bagasanga imyaka afite itamwemerera kunyongwa.
Uyu mwana yakurikiranye n’undi w’imyaka 14 nawe wakatiwe iki gifungo azira kwivugana akandi kana k’agakobwa.
 

  1. Robert Bever w’imyaka 19 muri Oklahoma

Ku itariki ya 7 nzeri 2017 muri leta ya Oklahoma, umwana w’imyaka 19 y’amavuko igifungo cya burundu nyuma y’ibyaha by’ubwicanyi yari amaze kwemezwa n’urukiko.
Uyu mwana w’umusore wafatwaga nk’ikirara yakatiwe iki gifungo nyuma yo kwivugana abavandimwe be bagera kuri batatu ndetse n’ababyeyi be bombi, akaba yarahawe iki gihano gisimbura icy’urupfu yari yasabiwe n’ubushinjacyaha. Urukiko rwavuze ko uyu musore yishe umuryango we akoresheje intaro zirimo ibyuma ndetse n’imbunda, akaba yarakoreshwaga n’ibiyobyabwenge.
Uyu musore bitewe n’imyaka yari afite akatirwa n’urukiko itaramwemereraga gucibwa umutwe, bamuhitiyemo kumara ubuzima bwe bwose mu munyururu.
Yatangiye gukurikiranwa n’urukiko muri 2015ubwoyari afite imyaka 18 aza gukatirwa 2016 agize 19.
4. Brandon Smith w’imyaka 19 muri Atlanta
Uyumusore nawe wakatiwe muri 2016 ariko yarakurikiranwe guhera muri 2015 ubwo yari afite imyaka 18 y’amavuko, ashinjwa kugaba igitero mu rugo r’umuturage mu majyaruguru y’umujyi wa Atlanta we na bagenzi be bakica uwo muryango wose.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abandi bana 3 bari kumwe nawe bahawe ibihano bisanzwe birangira ariko we ahanishwa gufungwa burundu nta kindi cyo kurenzaho, akaba yaragabye iki gitero we na bagenzi be bitwaje intaro zirimo n’imbunda.
Amakuru avuga ko uyu musore yagiye yiyenza ku mugabo wari uvuye mu butembere n’umuryango we amusanze iwe, akamutira imodoka ku ngufu undi akayimwiba amatiku agatangira ubwo.
 

  1. Philip Chism w’imyaka 14 muri Massachusetts

Ku mwaka ye 14 y’amavuko, uyu mwana yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo kuhamwa n’icyaha cyo gusambanya ku ngufu uwari mwalimu we w’imibare yarangiza amamwica.
Uyu mwana ashinjwa gukurikira umwalimu we mu bwogero yitwaje icyuma akamutera ubwoba akamusambanya yarangiza akamuca ijosi.
 

  1. Devonte Brown w’imyaka 17 muri Lucas, Amerika

Uyu mukobwa w’imyaka 17 aza ku rutonde rw’abana bagiye bakora amahano yabafungishije burundu, aho urukiko rwa Ian muri Lucas rwamuhaye iki gihano nta kujurira kubera ibyaha yashinjwaga byo gutera urugo rw’umuturanyi n’icyuma akica abana 2 bava inda imwe, umuhungu n’umukobwa.
Uyu mukobwa w’umwirabura, yahawe iki gihano nta magambo menshi avuzwe mu rukiko mu rwego rwo kugirango hatagira abahura n’ihungabana ku bw’uburemere bari bahaye icyaha yari yakoze n’uburyo yagikoze.

  1. Deauntay Moye w’imyaka 18 muri Pennsylvania

Uyu mwana nawe ashinjwa gukoreshwa n’ibiyobyabwenge akica abana 2 barimo n’umukobwa mu bihe bitandukanye, umwe muribo akaba yaramwicishije ibyondo yamuzirinzemo kugeza apfuye.
Uyu mwana ashinjwa kuba yaragabaga ibitero agamije ubugizi bwa nabi yitwaje imbunda yahoze ari iya sekuru ndetse no kugendera mu bigare by’urugomo. Yakatiwe iki gihano nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitandukanye ku buryo byagaragaraga ko nta zindi mbabazi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

  1. Lionel Tate w’imyaka 14, Florida

Uyu mwana nawe yakatiwe igifungo cya burundu ku myaka ye 14 y’amavuko nyuma yo kwivugana akana k’agakobwa bari mu kigero kimwe mu makimbirane bagiranye akagaragaza umujinya udasanzwe ubwo yamwicishaga amabuye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *