Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa 3R urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Centrafrika (CAR) bishe abakomando batanu (5) b’abacancuro baturutse mu Burusiya, bakorera ikigo cya Wagner Group.
Ibitangazamakuru byo muri CAR bivuga ko aba bakomando biciwe mu gico baguyemo mu gace ka Banga, mu ntara ya Mambéré-Kadéï ku gicamunsi cyo ku wa 11 Ukwakira 2021. Icyo gihe aba Barusiya n’abandi barokotse ngo bari kuri moto enye no mu modoka ebyiri.
Habayeho imirwano kandi, abarwanyi batatu ba 3R nabo bicirwamo, mu gihe abandi bakomerekejwe.
Nyuma y’isaha habayeho iyi mirwano, ibi bitangazamakuru bivuga ko indege ya kajugujugu y’Abarusiya yagiye gutwara imirambo y’abishwe, abakomeretse ibajyana kuvurirwa mu murwa mukuru, Bangui.
Aba Barusiya bishwe nyuma y’abandi batatu biciwe mu gace ka Bombo mu cyumweru gishize.


