Amakuru aturuka muri Minisiteri z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba,kuri uyu wa 24 Mata 2020 aragaragaza ko hari ubwiyongere ku bwandu bwa virusi ya covid-19.
Ubusanzwe Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ugizwe ni bihugu bitandatu ari byo;Rwanda,Uganda,Kenya,Tanzania,Burundi na Sudani y’Epfo.
Kenya nka kimwe mu bigize uyu muryango kiza ku isonga n’abamaze kwandura Coronavirus basaga 336, muri aba 16 babonetse uyu munsi,14 barapfuye n’aho abakigendana ubu bwandu ni 233.
Tanzania iza ku mwanya wa kabiri aho abantu basaga 284 bamaze kugaragaraho ubu bwandu,10 muri bo barapfuye,abandi 48 barakize n’aho 226 ni bo bagifite iyi ndwara.
U Rwanda ni urwa gatatu aho abamaze kugaragaraho iyi virusi ari 154, nta muntu urapfa uyizize ahubwo 87 bamaze gukira iki cyorezo ari byo bituma abakiyirwaye baba 67, Ibi bikaba byatangajwe na Minisiteri y’ubuzima ejo tariki ya 23 Mata.
Uganda na yo yagaragayemo iki cyorezo ndetse abasaga 74 barapimwe ibipimo bigaragaza ko banduye, ntawe iyi virusi irivugana ahubwo 46 bamaze kuyikira abasigaye bayirwaye ni 26.
U Burundi nk’igihugu cyahanyanyaje nubwo imibare igaragazwa yagiye ikemangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima,kuri uyu munsi bwamaze kuzuza abantu 12 barimo umwe wagaragaye uyu munsi, undi muntu umwe muraba yapfuye azize iyi virusi, batanu barayikize naho abandi batandatu baracyayirwaye.
Igihugu cyorohewe n’iyi virusi muri uyu muryango ni Sudani y’Epfo kuko kuri ubu irabarura abantu 5 bagaragayeho covid-19,umwe yagaragaye uyu munsi ntawe urapfa ariko nta n’irayikira nituma umubare w’abayifite muri iki gihugu uguma ku bantu 5.


