Abantu batatu bishwe barasiwe muri ‘graduation’ muri Kaminuza ya Manilla

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki 24 Nyakanga, abantu batatu bishwe barasiwe mu muhango wo gutanga impamyabumenyi muri kaminuza yo mu murwa mukuru wa Philippines, barimo uwahoze ari umuyobozi w’umujyi womu majyepfo y’igihugu.

Umuyobozi wa polisi mu mujyi wa Quezon, Remus Medina, yatangaje ko kurasa kwabaye bigaragara ko kwari kugamije kwica uyu wahoze ari umuyobozi w’umujyi wa Lamitan wo mu majyepfo, Rose Furigay.

Medina yabwiye abanyamakuru ko ukekwa wakomerekeye mu kurasana n’ushinzwe umutekanokuri kaminuza, yatawe muri yombi nyuma yo kumwirukankana ari mu modoka kuri ubu akaba afunzwe arimo guhatwa ibibazo.

Medina ati: “Asa nkaho yari umwicanyi wabyiyemeje”, akomeza avuga ko bamusanze afite imbunda ebyiri za masotera (pistols) nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Quezon ni igice cy’umurwa mukuru wa Manila, umujyi ugizwe n’imijyi 16 ituwe n’abantu barenga miliyoni 13.

Medina yavuze ko Furigay yarashwe ubwo yari agiye kwitabira ‘graduation’ y’umukobwa we mu ishuri ry’amategeko rya Ateneo rya Kaminuza ya Manila, rimwe mu yazwi cyane muri iki gihugu.

Uyu ukekwaho icyaha, utari afite mwene wabo mu bahawe impamyabumenyi, na we yavukiye mu mujyi wa Lamitan mu Ntara ya Basilan, indiri ikomeye y’umutwe wa Abu Sayyaf, w’intagondwa z’abayoboke ba Leta ya Kislamu uzwiho ubujura no gushimuta.

Polisi yavuze ko abandi babiri bishwe ari ushinzwe umutekano mu kigo ndetse n’umugabo utaramenyekana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *