Abantu bitwaje imbunda barashe ku bacuruzi bo mu muhanda (abazunguzayi) ndetse no ku bantu bari bari hafi aho ku mugoroba wo ku wa Gatandatu ushize, bahitana abantu barindwi abandi bane barakomereka mu gace ka Finetown, mu majyepfo ya Johannesburg muri Afurika y’Epfo.
Umuvugizi wa polisi, Brigadier Brenda Muridili yagize ati: “Biravugwa ko abakekwaho icyaha bagera kuri bane bagerageje kwiba abacuruzi bo mu muhanda bagurisha ibirenge by’inkoko. Abacuruzi ngo barwanyije kandi batera amabuye abakekwa, kandi idirishya ry’inyuma ry’imodoka yabo ryarangiritse”.
Aba bakekwa bahise batwara imodoka, ariko bagaruka n’amaguru aho bivugwa ko barashe ku bacuruzi ndetse n’abari bari aho muri ako gace nk’uko iyi nkuru dukesha News24.com ikomeza ivuga.
Abantu 11 barashwe barindwi barapfa abandi bane barakomereka. Abagabo batatu n’umugore bapfiriye aho, abagore babiri bapfa bageze mu bitaro. Undi muntu wa karindwi na we yapfiriye mu bitaro ku Cyumweru.
Muridili ati: “Abandi bantu bane barimo kuvurwa ibikomere by’amasasu mu bitaro.”
Mushiki wa babiri mu bantu bishwe ku wa Gatandatu yabwiye eNCA ko musaza we yasahuwe mu bubiko bwe, imodoka y’abakekwa ikaba yaratewe amabuye ubwo bagenda.
Uyu mugore yabwiye umunyamakuru ati: “Hanyuma basize imodoka ahantu runaka bagaruka hano n’amaguru. Barasa umuntu uwo ari we wese babonye mu mihanda.”
Yavuze ko iyi atari yo nshuro ya mbere ibi bibaye muri ako gace, kandi ko vuba aha abantu barashwe bakicirwa hafi y’aho icyaha cyakorewe ku wa Gatandatu.


