Abanya-Ukraine 1.762 bari barafashwe n’u Burusiya bamaze kurekurwa

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Volodymyr Zelenskyy yavuze ko Abanya-Ukraine 1.762 bari barafashwe n’u Burusiya kuva intambara yatangira barekuwe .

Zelenskyy mu butumwa bwa videwo kuri Telegram yavuze ko abandi basirikare 116 bo muri Ukraine barekuwe mu cyiciro gishya cyo guhana imfungwa hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Avuga ku mishyikirano yari imaze amezi, Zelenskiy yagize ati: “Kuva ku ya 24 Gashyantare, Abanya Ukraine 1.762 bashoboye gutoroka ububohe bw’u Burusiya.”

Zelenskiy kandi yavuze ko yavuganye kuri telefoni na Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak kugira ngo baganire ku nkunga z’intwaro mu gihugu cye nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Ati: “Abasirikare bacu batangiye imyitozo ku bifaru bya Challenger 2 mu Bwongereza.”

Yavuze kandi ko imirwano ikomeye yabereye mu Karere ka Donetsk kuva igitero cy’u Burusiya cyatangira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *