inguzanyo.jpg

Abanyakenya bibasiye IMF ikomeje guha Leta inguzanyo

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu Banyakenya bakoresha imbuga nkoranyambaga bibasiye ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF, gikomeje guha Leta inguzanyo kandi itarishyura n’iyo cyayihaye mbere.

Ni nyuma y’aho tariki ya 2 Mata 2021 Inama y’Ubutegetsi ya IMF yari imaze gutangaza ko igiye guha Leta ya Kenya indi nguzanyo ya miliyari 2.34 z’amadolari ya Amerika ($) yo kuyifasha guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

Abanyakenya ku mbuga za Twitter na Facebook nyuma yo kubona iki cyemezo cya IMF, batangiye kwibasira iki kigega bavuga ko iyi nguzanyo itari ikwiye mu gihe: Kenya itarishyura izabanje zirimo n’izo yahawe n’indi miryango, muri Kenya hakomeje kugaragara inyerezwa rikomeye ry’umutungo wa Leta, hari n’ababajije niba byashoboka ko iki kigega cyakwisubira nyuma yo kubona ubusabe bwa rubanda nyamwinshi.

Uwitwa Bravin kuri Twitter, tariki ya 2 Mata yagize ati: “IMF, ndatekereza ko ikigega cyanyu kidatera inkunga inyerezwa ry’umutungo ariko kuguriza ubutegetsi bwa Jubilee (ishyaka), murimo mutera inkubga inyerezwa. Perezida yemera ko Leta yiba amashilingi ya Kenya miliyari 2 buri munsi. Nimureke gutera inkunga inyerezwa ry’umutungo.”

Uwitwa Laban Maloi yabajije IMF niba ijya ikurikirana icyo Leta ikoresha inguzanyo yahawe, ati: “Ese mujya mwita ku kureba icyo inguzanyo muha Leta ya Kenya ikoreshwa? Hari uwo muri kugira umutunzi wa za miliyoni, mu gihe abandi turi mu kababaro. Ntabwo Kenya ikeneye inguzanyo.”

Sir Denis yabajije IMF niba abaturage bafite ububasha bwo guhagarika inguzanyo yaba igiye guha Leta. Ati: “IMF, ndagira ngo mbabaze niba abaturage bafite ububasha bwo guhagarika inguzanyo zihabwa Leta. Munsubize.”

Uwitwa Dr Peter Ogallo yashyize ahagaragara imbonerahamwe y’inguzanyo Leta ya Kenya imaze gufata kuva tariki ya 20 Mata 2020, bigaragara ko ibarirwa muri miliyari 6.4 z’amadolari ya Amerika. Harimo miliyoni 739$ yahawe na IMF tariki ya 20 Gicurasi 2020, iyo yahawe na Banki y’Isi inshuro eshatu, iyo yahawe na Banki Nyafurika itsura amajyambere, Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi; zose zigenewe guhangana n’ingaruka za Covid-19 yugarije Kenya mu buryo bukomeye kugeza ubu.

inguzanyo.jpg

Inama y’Ubutegetsi ya IMF yemeje ko iyi nguzanyo nshya izayiha Leta ya Kenya tariki ya 21 Mata 2021. Abanyakenya na bo batangiye gushaka uburyo bayihagarika bakoresheje itora ku rubuga rwa Change.org, bigaragara ko abarenga 100,000 ari bo bamaze gutora.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *