Abanyekongo bagiye kongera gufata ku ndangamuntu baherukaga ku bwa Mobutu

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo bagiye kongera gufata ku makarita ndangamuntu baherukaga mu myaka irenga 30 ubwo iki gihugu cyayoborwaga na Mobutu Sese Seko.

Minisitiri w’Intebe, Michel Sama Lukonde, yatangarije mu nama y’abaminisitiri yabaye tariki ya 14 Mata 2023, ko indangamuntu ziri gutegurwa kandi ko hagati muri uyu mwaka w’2023, Abanyekongo baraba bazibonye.

Sama yagize ati: “Hagati mu 2023, amakarita ndangamuntu ya mbere azasohoka nyuma y’imyaka irenga 30 dutegereje.”

Igikorwa cyo gutunganya indangamuntu kiri kugirwamo uruhare n’inzego zitandukanye zirimo CENI ishinzwe amatora, ONIP ishinzwe indangamuntu, BCR ishinzwe ibarura na INS ishinzwe ibarurishamibare.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *