Abapilote ba Air France birukanwe ku mirimo yabo nyuma yo kurwanira mu ndege iri mu rugendo

Sangiza iyi nkuru

Abapilote babiri ba Air France bahagaritswe ku mrimo yabo nyuma yo kurwanira mu ndege yavaga i Geneve yerekeza i Paris muri Kamena, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri Air France ku Cyumweru. Uyu muyobozi yavuze ko indege yakomeje kandi ikagwa mu mutekano, kandi iyo mirwano itagize ingaruka ku zindi ndege, nk’uko uyu muyobozi yabishimangiye yizeza ubushake bw’iyi sosiyete mu gukaza umutekano mu ndege.

Ikinyamakuru La Tribune cyo mu Busuwisi cyatangaje ko umuderevu na mugenzi we bafatanya gutwara indege (Co-pilot) bagiranye amakimbirane nyuma gato yo guhaguruka bagafatana mu mashati nyuma y’uko umwe akubise undi igipfunsi.

Raporo ivuga ko abandi bakozi bo mu ndege batabaye maze umwe mu bakozi akarangiza urugendo yicaye hagati y’abapilote ngo batongera gufatana.

Amakuru y’uko kurwana kw’abapilote yagiye ahagaragara nyuma y’uko ikigo cy’iperereza mu by’ingendo zo mu kirere cy’Ubufaransa, BEA, gisohoye raporo ku wa Gatatu ushize kivuga ko abapilote bamwe ba Air France batubahiriza amabwiriza y’umutekano.

Iki kigo cyagarutse ku kumeneka kwa peteroli mu ndege ya Air France yavaga i Brazzaville muri Repubulika ya Congo yerekeza i Paris mu Kuboza 2020, ubwo abaderevu bayoboraga indege ahandi hantu ariko ntibagabanye ingufu muri moteri cyangwa ngo bahite bururuka vuba bishoboka, nk’uko iyo hari ikibazo cyo guhitisha amavuta y’indege kibaye. Indege yaguye neza muri Tchad, ariko raporo ya BEA ivuga ko moteri yashoboraga gufatwa n’umuriro.

BEA kandi yavuze ku bisa nk’ibi byabaye inshuro eshatu hagati ya 2017 na 2022, anavuga ko abaderevu bamwe bakora bashingiye ku isesengura ryabo bwite aho gukurikiza protocole y’umutekano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *