Abapolisi batatu b’Ababiligi bo mu Mujyi wa Liége, bigeze gukorera n’i Buruseli, kuri uyu wa Gatatu bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranweho gufata ku ngufu no gukwirakwiza amashusho abagaragaza bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bantu batabyumvikanyeho .
Hagati y’Ugushyingo 2019 na Gashyantare 2020, abagore bane batangaje ko bafashwe ku ngufu n’abo bapolisi banafashe amashusho barangiza bakayashyira ku karubanda.
Imibonano mpuzabitsina ngo bari babanje kuyumvikanaho n’abo bagore, bakiri bato, nyuma baje kwisubira ubwo umwe mu baregwa yageragezaga guhatira uwo bari kumwe ko mugenzi we, nawe uregwa abiyungaho bagasangira.
Ibi byabaye ku itariki ya 1 Ugushyingo 2019, ubwo uwahohotewe yari yagaragaje neza ko adashaka ibyo bintu. Uyu ngo yari amaze no kumenya kandi ko barimo kumufata amashusho atabizi nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.be ivuga.
Amashusho agaragaza abo bagore ngo yaje gushyirwa ku karubanda muri groupe ya WhatsApp y’abapolisi bakorera i Buruseli.
Igihano cy’igifungo cy’amezi 30 na 40 n’ihazabu nibyo abaregwa 2 basabirwa, mu gihe wa gatatu asabirwa gufungwa amezi 8 n’ihazabu.
Abaregwa ariko bahakanye ko bakoranye imibonano mpuzabitsina n’abo bagore batabyumvikanye, cyakora bemera ko ari bo bashyize ku karubanda ayo mashusho.


