Abarwanyi ba M23 basatiraga umujyi wa Goma basubijwe inyuma

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko cyasubije inyuma abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu duce twa Kibumba na Buhumba turi mu bilometero bibarirwa muri 20 ugana mu mujyi wa Goma.

Radio Okapi ivuga ko mu rukerera rw’uyu wa 24 Gicurasi 2022, abarwanyi ba M23 bagabye igitero ku birindiro bya FARDC biri ku musozi wa Nyundo, biri mu ntera itagera ku kilometer ugana ku muhanda wa Goma-Rutshuru.

Havuzwe imirwano ikomeye hagati y’izi ngabo n’abarwanyi ba M23 bivugwa ko baturutse muri Pariki ya Virunga, yatumye abaturage bata ingo zabo, bahungira mu gace ka Rugari kari mu majyaruguru no mu majyepfo muri Munigi na Kibati ugana i Goma.

Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare by’ingabo za Leta bizwi nka Sokola 2, Lt Col. Ndjike Kaiko Guillaume yatangaje ko abarwanyi ba M23 basujijwe inyuma, bahunga bagana mu gace ka Gakeri n’ahana hegereye urubibi rwa RDC n’u Rwanda.

M23 ivuzwe i Kibumba na Buhumba nyuma y’aho kuri uyu wa 23 Gicurasi yirukanywe mu birindiro bya Runyoni na Tshanzu yari imazemo igihe, bigizwemo uruhare n’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO.

Umuvugizi wa M23, Maj. Willy Ngoma, yatangarije Bwiza.com ko bahisemo kuva mu birindiro kubera ko badashaka kurwana n’ingabo ziri mu butumwa bw’uyu muryango, icyakoze ngo bazakomeza kurwanirira uburenganzira bwabo kuko ari Abanyekongo bari mu gihugu cyabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *