Abashinwa icyenda biciwe muri Centrafrica

Sangiza iyi nkuru

Abashinwa icyenda biciwe ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Centrafrica, mu gihe cy’intambara y’abenegihugu, igitero cyamaganwe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, wasabye kuri uyu wa Mbere “guhana bikomeye” abakoze ubu bwicanyi .

Iki gitero cyabaye ahagana saa kumi n’imwe kuri iki Cyumweru mu Karere ka Bambari. Umuyobozi w’akarere, Abel Matchipata, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ati “Twabaze imirambo icyenda n’inkomere ebyiri”.

Ku bwe, abahohotewe ni Abashinwa bakorera mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cya “Gold Coast Group”, giherereye ku birometero 25 uvuye aho hantu habereye ubwicanyi kandi bakaba baratewe n’abantu bitwaje imbunda nk’uko iyi nkuru dukesha VOAAfrique ivuga.

Kuri uyu wa Mbere, u Bushinwa bwemeje umubare w’abantu bapfuye, buvuga ko “babiri bakomeretse bikabije”, ariko nta bisobanuro birambuye ku bijyanye n’iki gitero, kugeza ubu kitarigambwa. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa mu itangazo ryayo yagize iti: Xi Jinping “yasabye ko hashyirwaho ingamba zose zo kuvura abakomeretse” ndetse no “guhana bikabije abicanyi hakurikijwe amategeko.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *