Ishyirahamwe ry’mupira w’amaguru muri Bolivia ryahagaritse abasifuzi batandatu basifuye umukino w’icyiciro cya mbere muri iki gihugu maze bakongeraho iminota irenga 42 nyuma y’iminota 90 isanzwe ikinwa.
Ibi byabaye mu mukino ikipe ya Atletico Palmaflor yatsinzemo Blooming FC ibitego 3-2 ku wa Mbere w’icyumweru gishize.
Uyu ni umwe mu mikino yakinwe igihe kirekire mu mateka kuko hakinwe iminota isaga 132 yose, nk’uko ikinyamakuru ‘The Sun’ cyabyanditse.
Muri rusange, uwari umusifuzi mukuru kuri uriya mukino witwa Julio Fernando Gutierrez ndetse n’abungiriza be batanu, byabafashe iminota 17 kuri VAR ngo banzure niba igitego cyari gitsinzwe na Gaston Rodriguez Maeso wa Blooming ku munota wa 86 cyari cyo, bazaga gusanga nta kurarira kwarimo maze biba 2-1.
Hamwe n’uku gutinda kose, kimwe n’indi minota yose yari yatakaye kuri uwo mukino, byari byitezwe ko bashyiraho nibura iminota 20 y’inyongera.
Gusa si uko byaje kugenda, ahubwo umukino wakomeje gukinwa hafi no kugera ku gice cya gatatu kuko hakinwe iminota isaga 42 yose, ndetse ku munota wa 24 w’inyongera Jose Luis Sinisterra wa Blooming aza gutsinda igitego cyo kwishyura maze biba 2-2.
Hagati aho kandi muri iyo minota y’inyongera abakinnyi babiri ba Blooming, Cesar Menacho na Miguel Angel Becerra beretswe amakarita y’umutuku maze basohorwa mu kibuga ku munota wa 21 n’uwa 28 w’inyongera bakurikiranye, nyuma yo guteza akavuyo.
Ku munota wa 90+38, Jonathan Caneta yaje gutsindira Atletico Palmaflor igitego cya 3 cy’intsinzi.
Nyuma y’uyu mukino, umwe mu bayobozi bakuru b’ikipe ya Palmaflor akaba yaranayoboye Bolivia hagati y’umwaka wa 2006 na 2019 yavuze ko ikipe ye yatsinze n’ubwo abasifuzi batabaye ntamakemwa.
Evo Morales yagize ati: “Twishimiye intsinzi y’ikipe yacu n’ubwo abasifuzi batitwaye neza. Tubabajwe n’uko abasifuzi bitwaye kandi ndetse turanasaba ko bakurikiranwa.”
Nyuma y’uyu mukino kandi Blooming ibicishije ku mbuga nkoranyamabaga zayo, yashinje abasifuzi gushyira abakinnyi mu byago byo kuvunika kubera kubakinisha iminota y’umurengera, ndetse bayo ibasibira gukurikiranwa.
Kuri ubu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Bolivia ryamaze kwemeza ko Gutierrez n’abungiriza be bamaze guhagarikwa mu gihe iperereza rigikomeje gujya mbere.

Uyu mukino waranzwe n’imvura nyinshi aho ikibuga cyendaga kuzura amazi

Muri uyu, Hlnibura hejuru y’iminota 20 y’inyongera habonetse ibitego bibiri n’amakarita abiri y’umutuku


