Kuri uyu wa Kane, abarwanyi batamenyekanye muri Burkina Faso bishe abasirikare 11 abandi bane barakomereka mu gikorwa cyo kwigarurira uduce two mu burasirazuba no mu majyaruguru nk’uko byatangajwe n’igisirikare .
Kuva mu mwaka wa 2018 Burkina Faso yibasiwe n’inyeshyamba zifitanye isano na al Qaeda na Leta ya Kisilamu, zigaruriye uduce twinshi two muri iki gihugu cya Afurika y’Iburengerazuba.
Ibitero by’izi nyeshyamba, zinakorera mu bihugu by’ibituranyi bya Nigeria na Mali, byahitanye abasivili ibihumbi n’ibihumbi bivana mu byabo amamiliyoni, nubwo hari ingabo z’amahanga ndetse n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro.
Ibikorwa bya gisirikare byo kuzirwanya birakomeje mu ntara z’iburasirazuba za Tapoa, Boulgou na Koulpelogo ndetse no mu turere twinshi two mu majyaruguru, nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Igisirikare cyagize kiti: “Ibi bikorwa bimaze guhitana abantu benshi ku ruande rw’umwanzi ndetse no gutuma twongera kugenzura uduce tumwe na tumwe.”
Cyavuze ko cyahitanye inyeshyamba zirenga 112.


