Abasirikare 3 barindaga Papa Francis basezeye kuko batemera gukingirwa Covid-19, abandi bahagaritswe

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare batatu bo mu mutwe wa Suiss Guards urinda Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, basezeye mu kazi kubera ko batemera gukingirwa icyorezo cya Covid-19, abandi batatu bahagarikwa by’agateganyo bazira kutikingiza mu buryo bwuzuye.

Nk’uko tubikesha Rome Reports, Lt. Urs Breitenmoser uvugira Swiss Guard yatangaje ko abasirikare basezeye babikoze ku bushake, mu gihe abahagaritswe kugeza igihe bazakingirirwa mu buryo bwuzuye.

Iki cyemezo cy’abasirikare b’uyu mutwe ugizwe n’abarenga 100 cyafashwe nyuma y’ibwiriza rya Karidinali Pietro Parolin ryasabaga ko guhera tariki ya 1 Ukwakira 2021 abakozi bose b’i Vatican bagomba kuba bikingije Covid-19 mu buryo bwuzuye kugira ngo bakomeze akazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *